Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ashima Ko Abarundi Bahinduye Imyumvire- Umuvugizi Wa Perezida Ndayishimiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ashima Ko Abarundi Bahinduye Imyumvire- Umuvugizi Wa Perezida Ndayishimiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2022 12:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’Ibiro By’Umukuru w’u Burundi Madamu  Evelyne Butoyi avuga ko Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye ashima urwego rw’imyumvire abaturage be bamaze kugera ho.

Butoyi yavuze ko Umukuru w’igihugu avuga ko muri iki gihe bigaragara ko imyumvire y’Abarundi yateye imbere, bakaba bakora akazi  bagakunze, bikabateza imbere.

Kuri Twitter Evelyne Butoyi yanditse ati: “ Perezida Ndayishimiye ashima urugero rw’imyumvire abaturage b’u Burundi bafite muri iki gihe kandi iyi myumvire ituma bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.”

Hon. @ButoyiEvelyne indique que le Président #Ndayishimiye apprécie le changement de mentalités des burundais qui se traduit par leur grande implication dans les travaux de développement économique à travers la valorisation de tous les métiers dont l’agriculture et l’élevage.

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) March 25, 2022

Yavuze ko uruhare rw’abaturage mu iterambere ry’u Burundi rugaragara binyuze mu guteza imbere imyuga, ubuhinzi n’ubworozi.

Iby’uko Perezida w’u Burundi ashima Abarundi mu kazi bakora biteza imbere muri iki gihe, Evelyne Butoyi yabitangarije kuri radio y’u Burundi mu kiganiro kitwa  ‘Ikiyago.’

Butoyi yavuze kandi ko Perezida Ndayishimiye yasabye abaturage be kumva ko gushyiraho amabwiriza agenga uko abamotari bitwara mu muhanda bigamije kugabanya impanuka bityo bikarengera ubuzima.

Hagati aho Perezida w’u Burundi  Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye yagiye i Vatican gusura Papa Francis.

Aherekejwe n’Umufasha we Angeline Ndayishimiye n’abandi banyacyubahiro.

Ku kibuga cy’indege ubwo yari agiye kujya i Vatican
TAGGED:BurundiButoyifeaturedIkiyagoNdayishimiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abafite Ibinyabiziga Bisohora ‘Imyotsi Yanduye Cyane’ Bagiye Gufatirwa Ingamba
Next Article Akamaro Ko Guhinga Indabo Mu Nzu- Ikiganiro Na Rwiyemezamirimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?