Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Buhari Yasabye Abanya Nigeria Imbabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Buhari Yasabye Abanya Nigeria Imbabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2023 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muhammadu Buhari wari umaze imyaka umunani ayobora Nigeria, arahererekanya ubutegetsi na Asiwaju Ahmed Bola Tinubu uherutse gutangazwa ko ari we watsindiye kuyobora iki gihugu.

Nigeria nicyo gihugu cya mbere muri Afurika gituwe cyane ndetse hari n’abavuga ko ari cyo gikize kurusha ibindi.

Buhari wari umaze kiriya gihe cyose agitegeka, yavuze ko hari ibyo atashoboye gukora bityo ko abaturage bagomba kubimubabariramo.

Muri byo harimo ko hari abana bashimuswe n’abagizi ba nabi atashoboye kubohoza, kutagurura umutekano mu gihugu hose nk’uko yari yarabisezeranyije abaturage n’ibindi.

Ku rundi ruhande, avuga ko uwavuga ko nta kintu yakoze mu gihe cyose amaze ayobora Nigeria, yaba akabije.

Kuri televiziyo y’igihugu, yeruye avuga ko ari ngombwa gusaba imbabazi abaturage ba Nigeria batishimiye bimwe mu byakorewe muri Nigeria mu myaka umunani amaze ayiyobora.

Buhari yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2015.

Inteko y’inararibonye ry’aba Yoruba( ubu ni bumwe mu bwoko bukomeye muri Nigeria) yasabye Bola Tinubu kuzakora uko ashoboye agahindura byinshi mu miyoborere ya Nigeria.

Inama nkuru ya Kiliziya Gatulika muri Nigeria nayo iherutse kuvuga ko ibyo Buhari yakoze nta kintu kinini byagezeho mu gutuma igihugu muri rusange gitekana.

Icyakora ashimwa ko hari ibikorwa remezo yateje imbere, yubakisha ikiraro cya kabiri cyambuka umugezi wa Niger, atangiza na Kaminuza yitwa Lux Mundi University.

Ihuriro ry’abakozi muri Nigeria bakora mu bucukuzi bwa Petelori na Gazi ryaburiye Tinubu ko azahura n’akazi gakomeye kuko hari ibibazo uwo asimbuye atakemuye bireba imibereho myiza yabo.

Abo bakozi bibumbiye mu ihuriro bise Nigeria Union of Petroleum and Natural Gas Workers.

Perezida ucyuye igihe Muhammadu Buhari yavuze ko agiye kuruhukira ahitwa Daura muri Leta ya Katsina kandi ngo yumva muri rusange anyuzwe n’ibyo yagejeje ku gihugu.

Imyaka umunani amaze ayobora Nigeria, ku rundi ruhande, yayirwariyemo inshuro nyinshi akajya kwivuza mu mahanga nko mu Bwongereza.

Umusimbuye nawe hari amakuru avuga ko izabukuru zimugeze kure kuko afite imyaka 71 y’amavuko.

Niwe Perezida wa Nigeria ukuze kurusha abandi bayitegetse.

TAGGED:AbanafeaturedGushimutaNigeriaPerezidaTinubuUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR FC Yongeye Gutwara Igikombe Cya Shampiyona
Next Article RIB Yahakanye Ibyo Kubaza Umunyemari Rusizana Niba Ari ‘Umushumba’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?