Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Ashima Intambwe NEPAD Yateye Mu Myaka 20
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Ashima Intambwe NEPAD Yateye Mu Myaka 20

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2021 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame avuga ko  Ihuriro NEPAD ryerekanye ibishoboka mu guteza imbere Afurika. Ubu butumwa bukubiye mu ijambo yagejeje kuri bagenzi be bitabiriye umuhango wo kwizihiza imyaka 20 NEPAD imaze ishinzwe.

NEPAD( New Partnership in Africa’Development) ni ubufatanye bw’ibihugu by’Afurika bwatangijwe muri 2001 hagamijwe imikorere iganisha ku kugabanya ubukene muri Afurika no kuyifasha kugendana n’iterambere riri ahandi ku Isi.

Umuryango w’Afurika yunze ubumwe washinzwe muri Gicurasi, 2001 uza usimbura Organisation of African Unity.

Nyuma y’amezi make nibwo NEPAD yashinzwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yashimye bagenzi be bayobora ibihugu by’Afurika birimo Algeria, Misiri, Nigeria, Senegal na Afurika y’Epfo kubera umuhati bashyizemo kugira ngo NEPAD igere ku byo yiyemeje.

Yagize ati: “ Ndashima uruhare rw’Abakuru b’Ibihugu bya Algeria, Misiri, Nigeria, Senegal, na Afurika y’epfo kubera ibyo bagejeje kuri NEPAD.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko intego za NEPAD zagezweho kandi ashima ko abayitekereje batigeze batezuka ku mugambi wabo.

Avuga ko ibikubiye mu migambi ya NEPAD ari byo biri no mu ntego z’ivugurura rya Afurika yunze ubumwe, zigamije kunoza imikorere yayo.

Perezida Kagame niwe wari uyoboye Komisiyo yari ishinzwe gutegura ivugurura ry’inzego za Afurika yunze Ubumwe.

- Advertisement -

Mu ijambo rye Perezida Kagame yasabye abayobozi b’ibindi bihugu gukomeza imikoranire igamije kugera ku ntego z’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe harimo no gushyigikira imikorere y’isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika riherutse gutangizwa.

Yashimye Dr Ibrahim Mayaki umaze igihe kirekire ayobora NEPAD kubera ubunyangamugayo n’ubwitange yerekanye mu kazi ke.

 

TAGGED:AfurikafeaturedKagameNEPAD
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba kuri COVID-19 Zatokoje Urukundo Rwa Bamwe
Next Article Qatar: Abasirikare Ba RDF Barangije Amasomo Yo Gutwara Indege
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?