Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Ashima Intambwe NEPAD Yateye Mu Myaka 20
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Ashima Intambwe NEPAD Yateye Mu Myaka 20

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2021 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame avuga ko  Ihuriro NEPAD ryerekanye ibishoboka mu guteza imbere Afurika. Ubu butumwa bukubiye mu ijambo yagejeje kuri bagenzi be bitabiriye umuhango wo kwizihiza imyaka 20 NEPAD imaze ishinzwe.

NEPAD( New Partnership in Africa’Development) ni ubufatanye bw’ibihugu by’Afurika bwatangijwe muri 2001 hagamijwe imikorere iganisha ku kugabanya ubukene muri Afurika no kuyifasha kugendana n’iterambere riri ahandi ku Isi.

Umuryango w’Afurika yunze ubumwe washinzwe muri Gicurasi, 2001 uza usimbura Organisation of African Unity.

Nyuma y’amezi make nibwo NEPAD yashinzwe.

Perezida Kagame yashimye bagenzi be bayobora ibihugu by’Afurika birimo Algeria, Misiri, Nigeria, Senegal na Afurika y’Epfo kubera umuhati bashyizemo kugira ngo NEPAD igere ku byo yiyemeje.

Yagize ati: “ Ndashima uruhare rw’Abakuru b’Ibihugu bya Algeria, Misiri, Nigeria, Senegal, na Afurika y’epfo kubera ibyo bagejeje kuri NEPAD.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko intego za NEPAD zagezweho kandi ashima ko abayitekereje batigeze batezuka ku mugambi wabo.

Avuga ko ibikubiye mu migambi ya NEPAD ari byo biri no mu ntego z’ivugurura rya Afurika yunze ubumwe, zigamije kunoza imikorere yayo.

Perezida Kagame niwe wari uyoboye Komisiyo yari ishinzwe gutegura ivugurura ry’inzego za Afurika yunze Ubumwe.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yasabye abayobozi b’ibindi bihugu gukomeza imikoranire igamije kugera ku ntego z’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe harimo no gushyigikira imikorere y’isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika riherutse gutangizwa.

Yashimye Dr Ibrahim Mayaki umaze igihe kirekire ayobora NEPAD kubera ubunyangamugayo n’ubwitange yerekanye mu kazi ke.

 

TAGGED:AfurikafeaturedKagameNEPAD
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba kuri COVID-19 Zatokoje Urukundo Rwa Bamwe
Next Article Qatar: Abasirikare Ba RDF Barangije Amasomo Yo Gutwara Indege
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?