Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Avuga Ko Abagore Ari Urutirigongo Rw’Imibereho Ya Muntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Avuga Ko Abagore Ari Urutirigongo Rw’Imibereho Ya Muntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2022 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abagize Ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko bari mu nama ibahurije i Kigali ko burya ubuzima bwa muntu hafi ya bwose bushingiye ku mibereho n’uruhare rw’umugore mu bimubaho.

Ihuriro ry’Abadepite bagize ikitwa Inter Parliamentary Assembly riri mu Rwanda mu nama abarigize baganiriramo uruhare rw’umugore mu kubaka amahoro n’iterambere birambye.

Perezida Kagame ayitangiza, yavuze ko  gushyiraho umubare runaka w’abagore mu Nteko zishinga amategeko ari ikintu kiza ariko kidahagije.

Asanga abagore bagomba gukomeza kujya mu zego zitandukanye kandi ntibikorerwe mu Nteko zishinga amategeko gusa ahubwo bikanakorwa no mu zindi nzego.

Ati: “Kuba abagore bagenerwa umubare batagomba kurenza mu Nteko zishinga amategeko ni byiza ariko hari ibindi bakenewe kuko uburinganire ari uburenganzira kuri buri wese kandi aho ariho hose.”

Yabwiye abateraniye muri iriya nama ko Abanyarwandakazi bagize uruhare muri byinshi u Rwanda rugezeho ndetse ngo urwo ruhare rwabaye ndashyikirwa mu kubohora u Rwanda.

Avuga ko uwo muhati wabo ugikomeje n’ubu kubera ko bakigira uruhare no mu kugarura amahoro hirya no hino muri Afurika.

Perezida Kagame avuga ko burya anticyashoboka abagore badahawe umwanya ngo bagire icyo bakora mu iterambere ry’ibihugu byabo.

Kubera ko abitabiriye iyi nama ari Abadepite basanzwe bakora amategeko  kandi bakaba basanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga, Kagame yabasabye kureba uko bakaza amategeko ahana akanakumira ababiba ingengabitekerezo y’urwango kuko iyo ikuze iba kirimbuzi.

Mu gihe abakora mu Nteko zishinga amategeko bateranye ngo barebe uruhare rw’umugore mu kubiba no gusigasira amahoro, hari abapolisikazi bari guhugurwa uko bazajya gufasha mu gukumira ko abana bajyanywa mu ntambara.

Ni inama mpuzamahanga iri mu zikomeye zibereye mu Rwanda mu gihe gito gishize
TAGGED:AbagorefeaturedInamaIntekoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umudepite Wo Muri Uganda Yashimutiwe i Nairobi
Next Article Imbuto Foundation Yongeye Guhemba Abakobwa Batsinze Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?