Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Mu Nama Yo Ku Rwego Rwo Hejuru Yiga Uko Inkingo Zakorerwa Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Perezida Kagame Mu Nama Yo Ku Rwego Rwo Hejuru Yiga Uko Inkingo Zakorerwa Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2022 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Budage aho Perezida Kagame ari, kuri uyu wa Gatatu yitabiriye Inama yo ku rwego rwo hejuru yiga uko mu gihe gito kiri imbere muri Afurika hatangira gukorerwa inkingo. Ni inama kandi yitabiriwe na Perezida wa Senegal Macky Sall, uwa Ghana Nana Akufo Addo ndetse n’Umuyobozi w’Ikigo cyo mu Budage gikora inkingo kitwa BionTech.

Uyu muyobozi yitwa Uğur Şahin.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 nibwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ubuyobozi bw’uruganda BionTech ariko ko uru ruganda ruzafasha u Rwanda kubaka uruganda rukora inkingo n’indi miti.

Ubuyobozi bw’iki kigo  kigo bwemeye kuzasangiza ubumenyi bwacyo Abanyarwanda bazaba bakora muri urwo ruganda rw’inkingo.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka , Perezida Kagame yigeze kuvugira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko ziriya nkingo niziboneka aba mbere zizabanza kugirira akamaro ari Abanyarwanda ubwabo mbere y’uko zihabwa abandi bantu.

Hari mu muhango wo kwakira  indahiro y’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta mushya Bwana Alex Kamuhire.

Biteganywa ko uru ruganda rw’inkingo ruzubakwa mu cyanya cyahariwe Inganda cya Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hafi na Carnegie Mellon University.

Bibarwa ko amafaranga azarugendaho arenga miliyoni 100 z’amayero.

Hamwe mu ho BionTech ikorera urukingo rwa Pfizer

Mu ntangiriro ruzaba rukora inkingo miliyoni 50 ku mwaka, ariko zizagenda ziyongera bitewe n’uko zikenewe.

Imirimo yo kurwubaka iteganyijwe hagati mu mwaka utaha, mu gikorwa kizafata imyaka ibiri.

TAGGED:featuredKagameKigaliMasoroPerezidaUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusizi Innocent Bahati Ntakiba Mu Rwanda
Next Article Iterambere Ry’Ikoranabuhanga Mu Kohererezanya Amafaranga Ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?