Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame na Madamu Bakingiwe COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Perezida Kagame na Madamu Bakingiwe COVID-19

Last updated: 11 March 2021 4:37 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame na Jeannette Kagame bakingiwe icyorezo cya COVID-19 nyuma y’iminsi itandatu igikorwa cyo gukingira iyi ndwara gitangijwe mu gihugu hose, haherewe ku bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa kuzahazwa n’icyo cyorezo.

Bakingiriwe mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane.

Ibikorwa by’ikingira byatangiye ku wa 5 Werurwe ubwo u Rwanda rwari rumaze kwakira inkingo zikabakaba 347.000 za COVID-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca/Oxford na Pfizer/BioNTech zabonetse muri gahunda mpuzamahanga igamije gufasha ibihugu kubona inkingo, COVAX.

Zaje kwiyongeraho inkingo 50.000 u Rwanda rwahawe n’u Buhinde.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu hari hamaze gukingirwa abaturarwanda 228.954.

Mu bakingiwe ku ikubitiro harimo abaganga n’intsinda rishinzwe gukurikiranira hafi, kurwanya no gukumira icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda, abarimu, abajyanama b’ubuzima, imfungwa n’abagororwa ndetse n’abafite imyaka 65 kuzamura.

Harimo n’abandi batoranyijwe mu byiciro by’abarwaye indwara zidakira, abamugaye, abakozi bo ku kibuga cy’indege, abacuruzi n’abatwara taxi.

Mu bakingiwe kandi harimo abamotari n’abanyonzi n’impunzi haherewe ku nkambi y’agateganyo ya Gashora, icumbikiye impunzi zavanywe muri Libya.

Abahawe urukingo bose bazongera guhabwa urwa kabiri nyuma y’ibyumweru bine kugira ngo urukingo rube rwuzuye neza. Abakingiwe bose bibutswa ko guhabwa urukingo bidakuraho andi mabwiriza yose yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Leta y’u Rwanda yihaye umuhigo wo gukingira 30% by’abaturarwanda bose mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira na 60% mbere y’uko uwa 2022 urangira. Hazaba hakingiwe abantu nibura miliyoni 7.8.

Leta y’u Rwanda ivuga ko ikomeje ibiganiro n’ibindi bihugu, abakora inkingo ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo haboneke inkingo zihagije.

Ubwo Jeannette Kagame yaterwaga urukingo rwa COVID-19
Perezida Kagame yatewe urukingo ku kuboko bw’ibumoso
Perezida Kagame na Madamu bakingiriwe mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal
TAGGED:featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umu Diplomate Wa Ethiopia Muri USA Yeguye Kubera Iby’I Tigray
Next Article Hari Ibice By’U Rwanda Bigerwamo Gusa n’Imiyoboro y’Itumanaho Yo Muri RDC
1 Comment
  • Karegeya says:
    11 March 2021 at 6:04 pm

    We n’umuryango we tuzabarinda mpaka

    Reply

Leave a Reply to Karegeya Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?