Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yahuye Na Tshisekedi Baganira Ku Bireba Ibihugu Byabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yahuye Na Tshisekedi Baganira Ku Bireba Ibihugu Byabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2022 6:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yaraye ahuriye na mugenzi we uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo ahitwa Aqaba muri Jordan baganira ku bibazo bireba ibihugu byabo.

N’ubwo ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda hatanditseho ibikubiye mu biganiro Kagame yagiranye na Tshisekedi, birashoboka ko batabuze kuganira ku kibazo cy’umutekano mucye u Rwanda ruvuga ko abarwanyi bari muri kiriya gihugu bashobora kuzaruteza bidatinze!

Mu minsi micye ishize, Perezida Paul Kagame yabwiye abanyacyubahiro bari bateraniye mu Ngoro ishinga amategeko y’u Rwanda ko muri iki gihe u Rwanda ruhanze amaso muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Hari mu muhango wo kwakira indahiro za Minisitiri mushya w’ibikorwa remezo Dr Ernest Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri Eng. Uwase Patricie.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwihanganira ikibazo cy’abashaka kuruhungabanya bamaze imyaka irenga 25 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo , ubutegetsi bw’aho bubizi ndetse n’Umuryango mpuzamahanga ubizi ariko ‘bagakomeza kukirera.’

Yareruye avuga ko nibiba ngombwa u Rwanda ruzajya kucyicyemurira kuko ngo hari ubwo iyo ibintu byose byanze, ‘umuntu afata umwanzuro ntawe agishije inama.’

Umukuru w’igihugu yabwiye abari bamuteze amatwi barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Abagize Guverinoma, Inteko ishinga amategeko imitwe yombi n’abandi banyacyubahiro barimo n’abagaba b’ingabo z’u Rwanda ko ruzi neza ko hari abanzi barwo bari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi ko igihe n’ikigera ruzabasangayo niba ibyo kuganira ngo bave mu byo barimo byanze.

Yavuze ko ku byerekeye intambara, u Rwanda rufite abantu babyumva cyane bityo ko niba kuganira ngo abarwanga babireke byanze, ruzafata umwanzuro rukajya kubivuna.

Perezida Kagame yavuze ko kubera ko u Rwanda ari igihugu gito, rudashaka ko hari intambara yarwanirwa ku butaka bwarwo,  ruzajya rusanga umuriro aho uje uturuka.

Icyo gihe yagize ati: “Ikibazo duhanzeho amaso ni ikibazo cyo muri Congo. Impamvu duhanzeyo amaso ni FLDR n’indi mitwe iri muri Congo ishobora kuvanga na ADF kubera ko kugeza ubu urabona ko hari connections[imikoranire], ibyo tubihanze amaso ariko ibyo tuzabicyemura uko dukwiye kubicyemura.”

Yavuze ko mbere y’uko u Rwanda rwinjira mu ntambara, hari aho rwinginga, hari aho rwumvikana, hari aho rusaba, hari n’aho rufata umwanzuro rugakora igikwiye mu maso yarwo iyo ibintu byarenze umurongo.

Ngo iyo bigeze aho, u Rwanda rucyemura ikibazo rutagize uwo rusaba.

Icyakora yunzemo ko ibintu bikiri kuganirwa ho kugira ngo ikibazo gicyemurwe bigizwemo uruhare n’abo bireba bose, bakacyumvikanaho.

Kuri Perezida Kagame, umutekano w’u Rwanda niwo uza ku mwanya wa mbere kuko iyo uhungabanye nta kindi gishobora gukorwa.

Tugarutse ku biganiro Kagame yaraye agiranye na Tshisekedi,  ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda handitse ko ‘byagenze neza.’

Hagati aho, mu Nama ya Aqaba Perezida Kagame yahuye n’aabandi bayobozi b’ibihugu barimo n’uwa Mozambique Filip Nyusi.

Mu By’Umutekano U Rwanda ‘Ruhanze Amaso’ Muri DRC

 

TAGGED:CongofeaturedKagameRwandaTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Igihugu Cya Kabiri Muri Afurika Giha Abagore Umutuzo
Next Article Rwanda: Abafite Ibinyabiziga Bisohora ‘Imyotsi Yanduye Cyane’ Bagiye Gufatirwa Ingamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?