Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Intumwa Ya Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yakiriye Intumwa Ya Museveni

Last updated: 17 January 2022 6:08 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yakiriye Ambasaderi Adonia Ayebare, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yatangaje ko igi gikorwa, gusa ntiyakomoje ku gikubiye mu butumwa bwa Museveni.

Ni ikimenyetso gikomeye urebye uburyo ibihugu byombi bitabanye neza, kugeza ubwo u Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda nyuma y’itotezwa bakunze gukorerwa muri icyo gihugu cy’abaturanyi. Ubu imyaka ine irashize.

H.E President Paul Kagame today received Amb @adoniaayebare who delivered a message from H.E President Yoweri Museveni pic.twitter.com/ugAo19LO20

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) January 17, 2022

 

Ambasasaderi Ayebare ni we uhagarariye Uganda mu Umuryango w’Abibumbye. Ni we Museveni akunze gutuma mu bihugu bigize aka karere, ndetse mu bihe bitandukanye yoherejwe i Kigali afite ubutumwa bwa Museveni mu gushakira umuti ibibazo biri mu mubano w’ibihugu byombi.

Abanyarwanda benshi bakomeje gufatirwa muri Uganda bagakorerwa iyicarubozo, ndetse bamwe bakahaburira ubuzima.

Akenshi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, ibyaha batajya baregwa imbere y’inkiko ngo biregure hakurikijwe amategeko.

Benshi nyuma yo gufungwa, aho kugezwa mu nkiko bajugunywa ku mipaka, imitungo yabo igasigara hakurya nta gikurikirana.

Urugero ni abanyarwanda 22 barimo abagabo 17, abagore batatu n’abana babiri bakiriwe ku wa 7 Mutarama 2022 ku mupaka wa Kagitumba, uherereye mu Karere ka Nyagatare nyuma yo kwirukanwa na Uganda.

Ku gicamunsi cyo ku wa 15 Mutarama 2022 bwo Abanyarwanda 31 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda banyujijwe ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare. Bagizwe n’abagabo 22, abagore batandatu, n’abana batatu.

Ni mu gihe kandi Uganda ishinjwa gucumbikira benshi mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bagakorerayo imirimo yabo igamije kubangamira umutekano warwo.

Ni ibikorwa by’imitwe irimo RNC ya Kayumva Nyamwasa, FDLR n’indi mitwe nka P5, RUD Urunana na FLN.

U Rwanda kandi rushinja Uganda guha icyuho abagamije gusiga icyaha ubuyobozi bwarwo, byose bivugwa ko bigirwamo uruhare n’Urwego rwa gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, ruyoborwa na Major General Abel Kandiho.

Intumwa ya Museveni yakiriwe i Kigali nyuma y’amasaha make umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yanditse kuri Twitter amagambo yatumye abakurikiranira hafi politiki y’akarere batekereza cyane ku hazaza h’umubano w’ibihugu byombi.

Ati “Uyu ni data wacu, Afande Paul Kagame. Abamurwanya barimo kurwanya umuryango wanye. Bose bakwiye kwitonda.”

This is my uncle, Afande Paul Kagame. Those who fight him are fighting my family. They should all be careful. pic.twitter.com/YwBM5DwX0S

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 16, 2022

Ntabwo bizwi niba imvugo ya Gen Muhoozi n’ubutumwa Museveni yoherereje Perezida Kagame bifite aho bihuriye.

TAGGED:Adonia AyebarefeaturedPaul KagameUgandaYoweri Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habyarimana Juvénal Yohereje Umugore W’Uwari Minisitiri W’Imari Ngo Aroge Kagame
Next Article Impamvu Israel Itaremererwa Kuba Umunyamuryango W’Indorerezi Muri AU
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?