Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Meya Wa Paris
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yakiriye Meya Wa Paris

Last updated: 21 July 2021 7:34 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye Meya w’Umujyi wa Paris mu Bufaransa, Anne Hidalgo, ari na we uyoboye Ihuriro ry’abayobozi b’imijyi y’ibihugu bikoresha Igifaransa bari mu Rwanda mu nama ya 41 y’iryo huriro.

Ni inama iteraniye muri Kigali Convention Centre guhera ku wa 18-22 Nyakanga 2021.

Mu gutangiza ku mugaragaro iyi nama y’ihuriro AIMF (Association Internationale des Maires Francophones), Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yashimiye abayobozi bitabiriye iyi nama mu bihe bigoye by’icyorezo cya COVID-19.

Yavuze ko ari umwanya wo kungurana ibitekerezo ku bufatanye bukwiye hagati y’imijyi n’imiryango itari iya Leta, mu gukemura ibibazo bijyanye n’imibereho y’abaturage.

Minisitiri w’Intebe Ngirente yavuze ko guhera mu myaka ya 2000, byagaragaye ko imiryango itari iya leta ari umufatanyabikorwa ukomeye mu iterambere, kandi igafasha imiryango mpuzamahanga gukora gahunda zayo ziteza imbere abaturage.

Ati “Ku rwego rw’ibanze, inshingano z’imiryango itari iya leta ni ukwita ku byo abaturage bakeneye. Ifite rero uruhare igomba kugira mu gushyira mu bikorwa politiki ijyanye n’umujyi.”

Minisitiri w’Intebe avuga ijambo muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa Gatatu

Minisitiri w’Intebe Ngirente yashimye imiryango itari iya leta ku ruhare igira mu kugaragaza ibintu bikeneye kwitabwaho no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibintu bigenewe abaturage.

Yatanze urugero ku buryo mu Rwanda iyi miryango ari umufatanyabikorwa ukomeye mu guharanira iterambere ry’ubukungu ridaheza.

Ati “Muri urwo rwego, Guverinoma y’u Rwanda ifasha mu bijyanye n’amikoro imwe mu miryango itari iya leta mu kongerera inzego ubushobozi, hagamijwe kunoza uburyo bwo gushyira mu bikorwa gahunda zayo.”

Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa, mu 2014 batangije gahunda yo kongerera ubushobozi imiryango itari iya leta mu miyoborere, gahunda yongerewe igihe ikazagera mu 2023.

Kugeza ubu imiryango isaga 180 imaze kungukira muri ubwo bufatanye.

Uretse kongerera ubushobozi imiryango imwe itari iya leta, Guverinoma inayiha ubushobozi bw’amafaranga bukoreshwa mu mishinga yatoranyijwe, ijyanye n’intego za guverinoma.

Yashishikarije abayobozi b’imijyi ivuga Igifaransa n’imiryango itari iya leta kongera ingufu mu gushyigikira gahunda zigamije kwinjiza mu mpinduka z’imijyi ibijyanye n’imibanire myiza y’abaturage, gukorera hamwe n’ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko ari ubwa mbere Umujyi wa Kigali wakiriye iyi nama, ndetse nubwo ari mu bihe bikomeye by’icyorezo, abayobozi bitanze bakitabira inama.

Yavuze ko iri mu zitabiriwe n’abayobozi benshi, baturutse mu bihugu bisaga 30, imijyi 60 n’abantu basaga 280 muri rusange.

Ubufatanye bwa Kigali na Paris

Mu gihe yitabiriye iyi nama, Meya wa Paris, Anne Hidalgo, na mugenzi we wa Kigali, Pudence Rubingisa, basinye amasezerano y’ubufatanye kuri uyu wa Kabiri.

Ni amasezerano azibanda ku bufatanye mu nzego zirimo umuco, ikoranabuhanga rigezweho no guhanga ibishya hagati y’iyi mijyi.

Rubingisa yavuze ko ari amasezerano azafasha no mu nzego z’ubugeni, ishyinguranyandiko, ibikorwa bijyanye no Kwibuka n’izindi nzego u Bufaransa bufitemo ubunararibonye.

Ati “Ibyo twashyizeho umukono ntabwo bigamije gusa ko umujyi usa neza, ahubwo ni uburyo abawutuye babayeho, bakaha ahantu habereye ubuzima, habereye abagenda,  ku buryo hahindura ubuzima bw’abaturage bacu.”

Hasinywe amasezerano hagati y’Umujyi wa Kigali na Paris

Hidalgo yavuze ko ari uburyo bwo kuzamura ubucuti hagati y’imijyi yombi no gufatanya muri serivisi zituma barushaho kwegera abaturage no kubegereza serivisi z’ingenzi.

Uyu muryango w’abayozozi b’imijyi ikoresha igifaransa washinzwe mu 1979.

Uhuza imijyi isaga 300 yo mu bihugu 54 bigize Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

Perezida Kagame yakiriye Hidalgo muri Village Urugwiro
TAGGED:Anne HidalgoCOVID-19Dr Edouard NgirentefeaturedPaul KagamePudence Rubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Byagenze BPR Plc Ikisanga Mu Maboko Ya KCB Group
Next Article Afurika y’Epfo Igiye Gutangira Gukora Inkingo Za Pfizer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?