Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatangiye Uruzinduko Rw’Iminsi Ibiri Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yatangiye Uruzinduko Rw’Iminsi Ibiri Muri Mozambique

Last updated: 24 September 2021 1:11 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique, igihugu u Rwanda rurimo gufasha kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado guhera muri Nyakanga uyu mwaka.

Ni urugendo ruteganyijwe kuri uyu wa 24-25 Nzeri 2021, mu mujyi wa Pemba ari na wo murwa mukuru w’Intara ya Cabo Delgado.

Iyo ntara yari imaze igihe yarigaruriwe n’abarwanyi bagendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, ariko nyuma yo koherezayo abasirikare n’abapolosi 1000 b’u Rwanda bahita bakwira imishwaro, utwo duce twongera kugenzurwa n’ubutegetsi bwa Leta ya Mozambique.

Imijyi yahise ibohorwa irimo Mocímboa da Praia  ifatwa nk’ibyari ibirindiro bikomeye by’uriya mutwe.

Biteganyijwe ko munsi wa mbere w’uruzinduko rwe, Perezida Kagame ageza ijambo ku basirikare n’abapolisi bari mu butumwa muri Mozambique, ku rugamba bafatanyijemo n’Ingabo za Mozambique (FADM) n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Biteganywa kandi ko Perezida Kagame agirana ibiganiro byihariye na mugenzi we Filipe Nyusi.

Abayobozi bombi kandi barakurkirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, banagirane ikiganiro n’abanyamakuru.

Biteganywa ko munsi wa kabiri, Perezida Kagame azifatanya na Perezida Nyusi mu birori by’Umunsi w’Ingabo, muri Pemba Municipal Stadium.

Abaturage baje kumuha ikaze
Bari bamwishimiye
TAGGED:Cabo DelgadofeaturedFilipe NyusiMozambiquePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigori Ni Ingirakamaro Ariko Kirugarijwe
Next Article Amapingu, Perimi Z’Impimbano, Mudasobwa…Ibikoresho By’Abiyitiriraga Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?