Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatashye Inzu Mberabyombi Yamwitiriwe Mu Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yatashye Inzu Mberabyombi Yamwitiriwe Mu Bufaransa

admin
Last updated: 19 May 2021 6:30 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yatashye inzu mberabyombi yamwitiriwe iherereye mu Mujyi wa Strasbourg mu Bufaransa, mu kigo gitanga amasomo ndetse kigakora ubushakashatsi kuri kanseri zifata urwungano ngogozi, IRCAD France.

Kagame ari mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama mpuzamahanga ebyiri, iyigaga kuri Sudan yabaye ku wa Mbere n’iyigaga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe bya COVID-19, yabaye ku wa Kabiri.

Iyo nzu mberabyombi yiswe ‘President Paul Kagame Auditorium’ yubatswe na IRCAD France (Institut de Recherche Contre les Cancers de l’Appareil Digestif), mu majyaruguru ashyira iburasirazuba bw’u Bufaransa.

Icyo kigo cyashinzwe mu mwaka wa 1994 na Prof. Jacques Marescaux. Ku mazina ye yongeraho Nshuti.

Icyo kigo n’umuyobozi wacyo bafitanye umubano mwiza n’u Rwanda ndetse na Perezida Kagame by’umwihariko.

Muri Nyakanga 2017, Prof. Marescaux yasuye u Rwanda anabonana na Perezida Kagame, umukuru w’igihugu amugaragariza ubushake bwo kuba icyo kigo cyafungura ishami mu Rwanda, rikigisha ubuvuzi bwo kubaga ku rwego rwa Afurika.

Umushinga wahise utangira ndetse byateganywaga ko icyo kigo cyiswe IRCAD Africa Center cyari gufungurwa mu 2020, ariko icyorezo cya COVID-19 gituma imirimo igenda buhoro. Ubu ubwubatsi bugeze kure mu Murenge wa Masaka, mu Mujyi wa Kigali.

Biteganywa ko kizafungurwa muri uyu mwaka, kikazafasha abaganga muri Afurika kwihugura mu buryo bwo kubaga bukorwa habayeho gukeba ahantu hato cyane, minimally invasive surgery.

IRCAD imaze kugira ibigo bitandatu birimo icyo yafunguye muri Taiwan muri Aziya mu 2008, icy’i Sao Paulo muri Brazil mu 2011 n’icyafunguwe i Rio de Janeiro muri Kamena 2017.

IRCAD Africa ifite imirimo mu Rwanda guhera mu 2019, binyuze mu cyicaro cy’agateganyo.

Ivuga ko nibura mu mwaka ihugura abahanga 6200 bo hirya no hino ku isi mu kubaga, igatanga amasomo agera kuri 80 mu mwaka, mu nzego zisaga 20.

Iyi nzu mberabyombi Kagame yitiriwe si yo ya mbere, ije isanga ibindi bikorwa birimo Kagame Road, umuhanda uri mu murwa mukuru Lilongwe muri Malawi na Kagame Hotel Ltd y’i Dar Es Salaam muri Tanzania.

Prof. Jacques Marescaux ni we washinze iki kigo
Ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe ku cyicaro cya IRCAD i Strasbourg
Perezida Kagame mu muhango wo gufungura iyo nzu mberabyombi

 

TAGGED:featuredIRCADPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitaro Bya Faisal Bigiye Gutangiza Serivisi Zo Gusimbuza Impyiko
Next Article Hatahuwe ‘Mafia’ Mu Guhimba Inyandiko Hagamijwe Kunyaga Imitungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?