Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yazamuye Mu Ntera Abasirikare Babiri Bakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yazamuye Mu Ntera Abasirikare Babiri Bakuru

admin
Last updated: 05 September 2021 8:09 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yazamuye mu ntera abofisiye babiri bakuru, aho Lieutenant Colonel Innocent Munyengango na Claver Karara bahawe ipeti rya Colonel.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rya RDF ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nzeri, nyuma yo kuzamurwa mu ntera, Colonel Munyengango yahise agirwa Chief J5, ni ukuvuga umukuru w’ubuyobozi bushinzwe igenamigambi mu gisirikare.

Munyengango yahoze ari umuvugizi wa RDF, umwanya yariho kuva mu 2017 kugeza mu mpera za 2020.

Yanakoze izindi nshingano nk’umuyobozi ushinzwe ibikoresho mu Ngabo zirwanira mu kirere muri RDF, anaba umwarimu mu Ishuri rikuru rya gisirikare riherereye mu Karere ka Musanze.

Munyengango yanayoboye abasirikare ba RDF barwanira mu kirere bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudan y’Epfo. Ni ingabo zatangiye ubutumwa muri Kanama 2016.

Ni mu gihe Colonel Karara, yabaye umuyobozi ushinzwe ibya gisirikare (Defense Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia, akaba no mu nama y’ubutegetsi ya RwandAir.

TAGGED:Claver KararafeaturedInnocent MunyengangoPaul KagameRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Abaturage Bifuza Ko Perezida Kagame Azavugaho Mu Kiganiro Na RBA
Next Article U Rwanda Rwavanyeho Akato Ku Bagenzi Bava Mu Buhinde Na Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?