Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yihanije Abazana Amacakubiri Mu Banyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yihanije Abazana Amacakubiri Mu Banyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2023 8:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yaraye ababwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko iyo abantu batangiye kubiba amacakubiri mu Banyarwanda baba basa n’abari gukongeza amakara.

Yababwiye ati: “Murakinira ku makara ari bubotse.”

Perezida Kagame yabajije abari bitabiriye niba bazi amateka y’u Rwanda, avuga ko n’utayazi mu buryo bumwe hari ubundi buryo yayumvise.

Ati: “Amateka y’igihugu cyacu murayazi, ibyo mutumvise mu magambo bishobora kuba byarabagezeho mu miryango. Hari uwapfushije umuntu cyangwa ufite umuntu mu muryango wishe […] no kugira uwo muntu erega ni amakuba!”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame yavuze ko buri muntu wese uzi amateka y’u Rwanda adashobora kuyafatana uburemere buke kuko aba azi uko yagenze, icyatumye aba mabi n’imbaraga byasabye ngo ibintu bisanwe.

Yaje kubaza abari bari aho ukuntu abantu bakuru batinyuka kongera kugarura amakimbirane mu Banyarwanda.

Abayobozi 700 bari bitabiriye iki kiganiro na Perezida Kagame

Yavuze ko nyuma y’imyaka igera kuri 30 igihugu kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nta muntu ukwiriye gukinisha gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati: “Nibiba ngombwa n’imbaraga zakoreshwa no mu bakibikinisha mu mutwe, mumenye ngo murakinira ku makara ari bubotse. Ntabwo bishoboka. Ibintu byo kwironda, ntabwo bishoboka.”

Ajya kumenya iby’Abakono, ngo yahamagawe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo amubwira ko hari abofisiye mu ngabo z’u Rwanda yafunze ‘kuko bari mu bintu bidasobanutse.’

- Advertisement -

Umugaba w’ingabo yabwiye Perezida Kagame ko umwe muri abo basirikare yari ari mu butumwa bw’akazi mu mahanga aza kubeshya bituma yemererwa kugaruka mu Rwanda kugira ngo yitabire uwo muhango.

Gen Mubarakh Muganga yabwiye Umukuru w’Igihugu ko ibyo bintu abo basirikare bari bagiyemo, ari iby’amoko, ko bifite intera ndende.

Ngo yaramubwiye ati: “ Arambwira ati hari abantu bitwa Abakono bashaka kwimika umwami wabo […] nti uwo mu-colonel wagize neza kumufunga nti ariko mukurikirane mumenye ibirenze ibyo.”

Perezida Kagame yabajije Umugaba w’Ingabo abasivile bari bitabiriye bo icyo yabakoreye kuko aba colonels bo yari yabafunze, undi amusubiza mu magambo yumvikanisha ko adashinzwe abasivile.

Perezida yamusubije ko abasivile agiye kubamufasha kuko ‘bose abashinzwe.’

Ni ko guhamagara inzego zitandukanye, abasaba ko bikurikiranwa, batangira kumubwira amazina y’abantu bitabiriye barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wahoze ari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Ati “Nasanze abenshi ari abo muri FPR, ndabahamagaza nti ni ibiki mwagiyemo. Nti Visi Meya ibi ni ibiki, ati barambwiye ngo babitangiye uruhushya, nti ni inde wabitangiye uruhushya?”

Perezida Kagame yababajije ukuntu batinyutse kwironda, bakora agatsiko k’amoko.

Yakomeje ati “Ikintu cyo kwironda mu moko cyaje gute mu bumwe bw’Abanyarwanda, mu iterambere?”

Umukuru w’Igihugu yabajije abari bitabiriye iyi nama ati “Nitwigabanya mu moko, u Rwanda ruzasigara ari urwande? Igikurikiraho, muraza kurwana, murabirwaniramo, murarwanira mu busa, mutware ubusa, hasigare ubusa. Ni mwe nkomere za mbere.”

Perezida Kagame yavuze ko akibyumva, ibyo yaketse ni uko hari ikindi kibyihishe inyuma ku buryo yabonaga ko ari nk’ikintu gituritse gihishe byinshi.

Yabwiye abari aho ko mu gukomeza gucukumbura, yaje kumenya ko uwo bari bagiye kwimika yari umuntu bari basanzwe baha amasoko yose.

Yakomeje ati “Uwo mwagiraga umuyobozi w’umuryango, baje kumbwira ko ariwe ufite amasoko yose. Uwo ni we ubona amasoko ya Leta kandi bimaze igihe […] amafaranga ni yo yamugize umwami ntabwo ari ikindi.”

Ngo nyuma y’uko bamwe bakoze agatsiko kabo, abandi barwiyemezamirimo bo mu Ntara y’Amajyaruguru babuze aho bamenera, biyemeza na bo gushinga ibyabo mu buryo bwo kwirwanaho ku buryo byavuye mu moko asanzwe y’Abanyarwanda bigera muri ya yandi atatu yazanywe n’abakoloni [Abahutu, Abatwa n’Abatutsi].

Nyuma y’ibi, ngo hakozwe isesengura haboneka ibindi bibazo biri mu Ntara y’Amajyaruguru birimo n’inzangano  ku buryo umuturage umwe yifata akaragira amatungo mu murima wa mugenzi we batumvikana, undi na we akabyuka mu gitondo agafata umuhoro agatema amatungo y’undi.

Yabajije Umuyobozi wa Polisi, IGP Felix Namuhoranye icyatumye ibi bintu bigera kuri uru rwego, niba abapolisi bo batari babirimo.

Ati “Bose babijyamo mu miryango yabo itandukanye.”

Ku wa 9 Nyakanga 2023, nibwo mu Kinigi wabereye umuhango wiswe uwo kwimika Umutware w’Abakono.

Nyuma  Umuryango wa FPR Inkotanyi wasohoye itangazo uvuga ko icyo gikorwa kigamije gucamo ibice Abanyarwanda kidakwiriye ndetse n’abakigizemo uruhare baraganirizwa basaba n’imbabazi.

Inama yaraye ihuje Perezida Kagame n’abavuga rikijyana mu Majyaruguru, yari irimo n’abo mu Turere twa Nyabihu, Rubavu na Rutsiro.

TAGGED:AbakonoAmokofeaturedFPRKagameMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AVEGA Yahuguye Abakozi Ba Rusizi Na Nyamasheke Ku Ihungabana
Next Article CP Kabera Yibutsa Abantu Ko Iyo Impanuka Yabaye Nta Kuyivuza Bibaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?