Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Idasanzwe Ya EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Idasanzwe Ya EAC

admin
Last updated: 22 December 2021 11:15 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), isuzuma ingingo zirimo ubusabe bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) bwo kwinjira muri uyu muryango.

Ni inama idasanzwe ya 18 y’abakuru b’ibi bihugu irimo kuba kuri uyu wa Gatatu, mu buryo bw’ikoranabuhanga. Yahawe insanganyamatsiko yo “kwimakaza ukwishyira hamwe, kwagura ubutwererane.”

Abandi bayobozi bitabiriye iyi nama ni Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya na Visi Perezida w’u Burundi Prosper Bazombanza.

Ubunyamabanga bukuru bwa EAC buheruka gutangaza ko “Iyi nama izasuzuma ibintu bibiri; raporo y’inama y’abaminisitiri ku kwakira Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri EAC n’ivugururwa ry’itegeko rigena umubare shingiro w’abakuru b’ibihugu wemewe ngo babashe gukorana inama.”

Umubare ntarengwa w’abakuru b’ibihugu wemewe ngo inama iterane ni ingenzi cyane, kuko ubusanzwe iyo umuyobozi umwe muri batandatu b’ibihugu bigize EAC atitabiriye inama cyangwa adahagarariwe, iba igomba gusubikwa.

Ibyo bikagira ingaruka mu kudindiza ibyemezo by’ingenzi cyangwa imishinga y’akarere.

Ku bijyanye no kwakira RDC muri EAC, mu Ugushyingo 2021 ba Minisitiri bashinzwe ibikorwa by’akarere bemeje raporo ku busabe bwayo bwo kwinjira mu muryango.

Babikozeho raporo igombwa gufatwaho icyemezo n’abakuru b’ibihugu.

Ba minisitiri banasabye abakuru b’ibihugu gutanga umurongo ku biganiro na RDC, hagendewe ku byagaragajwe na raporo y’abakoze igenzura bemeje ko imiterere y’inzego n’amategeko byatuma icyo gihugu cyakirwa muri EAC.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr. Peter Mathuki, aheruka kuvuga ko abaturage bagera muri miliyoni 90 z’abaturage ba RDC bashobora kongerera imbaraga isoko ry’akarere n’amahirwe y’ishoramari.

Ati “Kuba DRC yakwinjiramo, Umuryango uzaba ufunguye amarembo uheyere ku Nyanja y’Abahinde kugeza ku Nyanja ya Atlantique, mu majyaruguru no mu majyepfo, bityo bikazamura amahirwe y’ubukungu bw’akarere.”

RDC ihana imbibi n’ibihugu bisanzwe muri EAC bya Tanzania, u Burundi, u Rwanda, Uganda na Sudan y’Epfo.

Ibihugu bitandatu bigize EAC bihagarariwe muri iyi nama

 

TAGGED:EACfeaturedPaul KagameSamia Suluhu HassanUhuru KenyattaYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye Isi Babe Bitegura Urukingo Rwa Kane Rwa COVID-19
Next Article Kuki Leta Y’u Rwanda Igomba Gukomeza Guteza Imbere TVET?
1 Comment
  • Prof P Malonga says:
    22 December 2021 at 4:33 pm

    Niba inama y’ abaminisitiri nyuma yo gusuzuma ibya RDC yarasanze ari byiza ko yakwemererwa cyane cyane ko bakoresha n’ Igiswahili rwose turayakiriye ! Karibu sana na Hongera sana!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?