Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Umunsi Mukuru Muri Zanzibar
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yitabiriye Umunsi Mukuru Muri Zanzibar

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2024 12:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatanu Taliki 12, Mutarama, 2024, nibwo Perezida Paul Kagame yageze muri Zanzibar mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 Zanzibar imaze ikoze impinduramatwara yatumye yihuza na Tanganyika bigakora Tanzania y’ubu.

Ari kumwe n’abandi banyacyubahiro barimo Perezida wa Zanzibar witwa Dr. Hussein Ali Mwinyi ndetse na Samia Suluhu Hassan usanzwe ari Perezida wa Tanzania.

Tanzania ni Repubulika yiyunze igizwe na Tanganyika na Zanzibar.

Zanzibar wayita igihugu gifite ubwigenge bucagase, autonomy, kuko gikorera mu mabwiriza atangwa n’ubutegetsi bwa Dar es Salaam n’ubwo nayo ifite andi mategeko yishyiriraho ubwayo.

Mu myaka wa 1964 nibwo Abirabura bari batuye Zanzibar bipakuruye ubutegetsi bw’Abarabu bwayoborwaga na Sultan wa Zanzibar wari Umwarabu.

Icyo gihe byabaye ngombwa ko ubutegetsi bufatwa n’Abirabura, aba bakaba ari bo biganje muri Zanzibar kugeza n’ubu.

Abarabu nibo bari bake kandi bagategekesha ubwikanyize bituma Abirabura bibivumbagatanyaho, barabahirika.

Ibi byose ariko byagizwemo uruhare n’Abongereza bategekaga kiriya kirwa.

Taliki 12, Mutarama, 1964 nibwo itsinda ry’abasore b’inkorokoro ryiyemeje gukuraho Abarabu bari  bashyigikiwe n’igihugu cya Oman.

Mu gitondo kare, bayobowe na John Okello bagabye igitero ku kicaro gikuru cya Polisi bayambura intwaro zose, bakomereza mu Murwa mukuru ahitwa Zanzibar Town, bahirika Sultan na Guverinoma ye.

Bose bari mu ishyaka ryitwaga Afro-Shirazi Party, bakaba barabarirwaga hagati y’abantu 600 n’abantu 800.

TAGGED:featuredKagameSuluhuTanzaniaZanzibar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Amakamyo Yajyaga i Burundi Arasabwa Guca Muri Tanzania
Next Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Yagize Uwo Babanaga Bahuje Ibitsina Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Trump Ntarashirwa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?