Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Macron Yemeje Ko Agiye Gusura U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Macron Yemeje Ko Agiye Gusura U Rwanda

admin
Last updated: 19 May 2021 10:22 am
admin
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yemeje ko azagirira uruzinduko mu Rwanda mpera z’uku kwezi, rugamije gushimangira umubano mushya ukomeje kugaragara hagati y’ibihugu byombi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Macron yavuze ko yaganiriye na Perezida Kagame, bemeranya “gufungura paji nshya mu mubano.”

Yakomeje ati “Ndemeza ko mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi nzagirira uruzinduko mu Rwanda, rukazaba ari urugendo ruri mu rwego rwa politiki, kwibuka, ariko runajyanye n’ubukungu n’ubuzima by’igihe kiri imbere.”

Bimaze iminsi bitangazwa ko Macron azasura u Rwanda ku wa 27 Gicurasi, mu ruzinduko ruzasozwa ku wa 28 Gicurasi.

Ni uruzinduko ruzaba rukurikira urwa Nicolas Sarkozy mu 2010.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo ibibazo ahanini bishingiye ku ruhare u Bufaransa bwakomeje gushinjwa mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko icyo gihugu gikora ibishoboka byose mu kuruhishira. Biheruka kwemezwa na Raporo yakozwe n’ikigo Levy Firestone Muse LLP cyo muri Amerika, ku busabe bwa Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Macron aheruka gushyiraho komisiyo yacukumbuye uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside, yemeje ko hari uruhare rukomeye bwagize mu mateka yagejeje kuri Jenoside, nubwo nta bimenyetso byagaragaje ko bwayigizemo uruhare.

Perezida Kagame aheruka kuvuga ko izi raporo zombi zigaragaza ubushake bwo kubakira umubano mushya ku kuri.

Umubano utifashe neza watumye u Bufaransa kugeza magingo aya butagira ambasaderi mu Rwanda, kuko nyuma ya Michel Flesch wasoje imirimo mu 2015, ambasade yabwo i Kigali iyobowe na Chargé d’Affaires Jérémie Blin.

Biteganyijwe ko mu ruzinduko azagirira mu Rwanda, Macron azanafungura ikigo ndangamuco w’Abafaransa, Centre Culturel Francophone.

 

TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedPaul KagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Car Free Day Yagarutse, Guhurira Hamwe Ntibyemewe
Next Article Abimukira Bava Muri Maroc Bongeye Kugana Uburayi Ari Benshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?