Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye

admin
Last updated: 17 March 2021 11:41 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Tanzania yemeje ko John Pombe Magufuli wari perezida wa gatanu w’icyo gihugu yitabye Imana ku myaka 61. Urupfu rwe rwatangajwe na Visi Perezida Samia Suluhu Hassan kuri televiziyo y’igihugu.

Visi Perezida Suluhu yavuze ko Magufuli yapfuye kuri uyu wa Gatatu azize ibibazo by’umutima, aho yaguye mu bitaro bya Dar Es Salaam yivurizagamo.

Hahise hatangazwa iminsi 14 y’icyunamo mu gihugu, amabendera yose agomba kururutswa kugeza mu cya kabiri.

Magufuli yari amaze iminsi arembye, aho byakunze kuvugwa ko arwaye COVID-19.

Guverinoma y’icyo gihugu yo yahisemo guceceka ku burwayi bwe, kugeza ubwo Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa aheruka kuvuga ko Magufuli ameze neza, ko ahubwo afite akazi kenshi ari yo mpamvu abaturage batamubona.

Gusa ntibyabujije umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu kuvuga ko Magufuli agomba kuba yarapfuye ahubwo bikagirwa ibanga. Ku wa Kabiri yanditse kuri Twitter ko ibimenyetso bigaragaza ko hari imyiteguro ya gisirikare yo gusezera umunyacyubahiro nubwo amakuru adashyirwa ahabona.

While preparations for a military parade are going on, the VP is busy touring the country as if nothing is happening. Bob Marley said it all: 'you can fool some people some time, but you can't fool all the people all the time. And now we see the light!' pic.twitter.com/pV5TgXkorL

— Tundu Antiphas Lissu (@TunduALissu) March 16, 2021

Muri Tanzania hari abantu benshi bafunzwe bashinjwa “gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu”, bazira ko bavuze ko Magufuli arembye nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania cyabitangaje ku wa Mbere.

Magufuli yatangiye kuyobora Tanzania mu 2015, yaherukaga gutorerwa indi manda y’imyaka itanu.

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyaduka, Magufuli yakunze kuvuga ko Imana yakibarinze ahubwo agatunga agatoki ibihugu byagiye bifata ingamba zirimo guma mu rugo mu kugikumira, agasaba abaturage be kutabyitabo bagakora ibibateza imbere.

Mu kwezi gushize nabwo Seif Sharif Hamad wari visi perezida wa Zanzibar yarapfuye, nyuma y’iminsi avurwa icyorezo cya COVID-19.

Magufuli yitabye Imana ku myaka 61
TAGGED:featuredMagufuli
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Next Article Uwari Umunyeshuri Wa Dr Kayumba Yamushinje Gushaka Kumusambanya Ku Ngufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?