Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Afite Urugendo Muri Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Afite Urugendo Muri Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2021 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gusura Uganda akaganira na mugenzi we Perzida Yoweli Museveni, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye arajya mu Kenya kuri uyu wa Mbere mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Azaganira na  mugenzi we Uhuru Kenyatta ku ngingo zirimo ubufatanye mu by’ubukungu no mu zindi nzego.

Azifatanya kandi n’abaturage ba Kenya kwizihiza umunsi bita ‘ Madaraka Day’, uyu ukaba ari umunsi abaturage ba kiriya gihugu baboneyeho ubwigenge bipakuruye ubukoloni bw’Abongereza.

Hari muri 1963.

Abongereza batangiye gukoloniza Abanya Kenya guhera mu mwaka wa 1920.

Itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi rigashyirwaho umukono na Ambasaderi Willy Nyamitwe, rivuga ko Perezida Ndayishimiye ari buherekezwe n’umugore we Madamu Angelique Ndayishimiye.

Umubano w’u Burundi na Kenya umaze igihe ariko muri 2011 nibwo wongewemo imbaraga.

Muri uriya mwaka nibwo abategetsi ku mpande zombi basinye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi n’uburobyi.

Hari andi masezerano yasinywe muri uriya mwaka arebana n’ubutwererane mu bya gisirikare, uburezi n’ingufu.

Mu Burundi ubwo havukaga amakimbirane ya Politiki, hari bamwe mu babutuye bahungiye muri Kenya.

Kenya n’u Burundi kandi ni bimwe mu bihugu byo mu Karere k’Ibiyaga bigari bivuga Igiswayire.

Mu Ugushyingo 2007, nibwo Kenya yafunguye ibiro biyihagarariye i Bujumbura.

Itangazo ryo mu Biro bya Perezida Ndayishimiye

U Burundi na Kenya biri mu Muryango w’ibihugu by’Afurika y’i Burasirazuba, East African Community (EAC).

Mu Burundi hari ibigo by’imari byo muri Kenya birimo Kenya Commercial Bank n’indi yitwa Diamond Trust Bank.

Hari abaturage b’u Burundi bajya guhugurirwa muri Kenya mu bintu bitandukanye harimo imikorere ya gasutamo ndetse n’igisirikare n’izindi nzego.

TAGGED:BurundifeaturedKenyaNdayishimiyeUhuruUrugendoUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyiragongo: ‘Bombe Ya Karahabutaka’ Mu Karere U Rwanda Rurimo
Next Article Mali Yakomanyirijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?