Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2022 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri Taliki 01, Gashyantare, 2022, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu  Biro bye Aleligne Admasu wagiye yo guhagararira Israel, ariko afite icyicaro muri Ethiopia. Muri  Ambasade 23 ziba mu Burundi nta Ambasade ya Israel ihaba.

Yari yaje kumugezaho impapuro zimwemerera guhagarira Leta ya Yeruzalemu mu Burundi.

Admasu  asanzwe ahagarariye inyungu za Israel muri Ethiopia aho yagiye muri Werurwe, 2021.

Muri iki gihe Israel iri kugarurakana imbaraga nyinshi mu mubano wayo n’ibihugu by’Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Le Président de la République SE Evariste #Ndayishimiye vient de recevoir en audience M. Aleli Admaso, Ambassadeur de l'État d'Israël nouvellement accrédité au #Burundi, venu pour la présentation de ses Lettres de créance. pic.twitter.com/jT9IsXLNdE

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) February 1, 2022

Ibi kandi ni ngombwa ku gihugu gishaka kuzabona umwanya w’indorerezi mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe.

Israel isanganywe umubano mwiza n’u Rwanda.

Ambasaderi Aleligne Admasu uhagarariye Israel mu Burundi yavutse mu mwaka wa 1961 avukira muri Ethiopia.

Ni Umuyahudi ukomoka muri Ethiopia.

- Advertisement -

Yize Politiki n’ubukungu muri Israel mu mwaka wa 1988 yiga muri Kaminuza y’i Tel Aviv.

Yize n’andi mashuri arimo n’uburezi.

Ambasaderi Admasu yabaye mu ngabo za Israel ndetse  aza no gufasha mu gikorwa cyo gucyura Abayahudi babaga muri Ethiopia mu kiswe Operation Salomon.

Ku rubuga rwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel hari inyandiko ivuga ko Ambasaderi Admasu ari na rwiyemezamirimo ujya winjiza amafaranga binyuze mu biganiro bisana imitima kandi bigatera akanyabugabo , ibyo bita motivational speeches.

Mbere y’uko yoherezwa muri Ethiopia, ngo ahagararire yo inyungu za Israel, yari asanzwe akora imirimo tuvuze haruguru.

Asanzwe ahagarariye Israel muri Ethiopia

Bivugwa ko yashinze ishyaka ryitwa Israel Brotherhood for Social Equality.

Ni umugabo wubatse ufite abana bagera kuri batanu.

Ubwo yakirwaga mu cyubahiro cya gisirikare
TAGGED:AfurikaBurundiEthiopiafeaturedIsraelNdayishimiyeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjije Miliyari Zisaga 160 Frw Mu Bikomoka Ku Buhinzi Byoherejwe Mu Mahanga
Next Article Abakozi Ba RIB Bahawe Umwenda Ubaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?