Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Yakiriye Uhagarariye Israel Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2022 4:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri Taliki 01, Gashyantare, 2022, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye mu  Biro bye Aleligne Admasu wagiye yo guhagararira Israel, ariko afite icyicaro muri Ethiopia. Muri  Ambasade 23 ziba mu Burundi nta Ambasade ya Israel ihaba.

Yari yaje kumugezaho impapuro zimwemerera guhagarira Leta ya Yeruzalemu mu Burundi.

Admasu  asanzwe ahagarariye inyungu za Israel muri Ethiopia aho yagiye muri Werurwe, 2021.

Muri iki gihe Israel iri kugarurakana imbaraga nyinshi mu mubano wayo n’ibihugu by’Afurika.

Le Président de la République SE Evariste #Ndayishimiye vient de recevoir en audience M. Aleli Admaso, Ambassadeur de l'État d'Israël nouvellement accrédité au #Burundi, venu pour la présentation de ses Lettres de créance. pic.twitter.com/jT9IsXLNdE

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) February 1, 2022

Ibi kandi ni ngombwa ku gihugu gishaka kuzabona umwanya w’indorerezi mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe.

Israel isanganywe umubano mwiza n’u Rwanda.

Ambasaderi Aleligne Admasu uhagarariye Israel mu Burundi yavutse mu mwaka wa 1961 avukira muri Ethiopia.

Ni Umuyahudi ukomoka muri Ethiopia.

Yize Politiki n’ubukungu muri Israel mu mwaka wa 1988 yiga muri Kaminuza y’i Tel Aviv.

Yize n’andi mashuri arimo n’uburezi.

Ambasaderi Admasu yabaye mu ngabo za Israel ndetse  aza no gufasha mu gikorwa cyo gucyura Abayahudi babaga muri Ethiopia mu kiswe Operation Salomon.

Ku rubuga rwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel hari inyandiko ivuga ko Ambasaderi Admasu ari na rwiyemezamirimo ujya winjiza amafaranga binyuze mu biganiro bisana imitima kandi bigatera akanyabugabo , ibyo bita motivational speeches.

Mbere y’uko yoherezwa muri Ethiopia, ngo ahagararire yo inyungu za Israel, yari asanzwe akora imirimo tuvuze haruguru.

Asanzwe ahagarariye Israel muri Ethiopia

Bivugwa ko yashinze ishyaka ryitwa Israel Brotherhood for Social Equality.

Ni umugabo wubatse ufite abana bagera kuri batanu.

Ubwo yakirwaga mu cyubahiro cya gisirikare
TAGGED:AfurikaBurundiEthiopiafeaturedIsraelNdayishimiyeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjije Miliyari Zisaga 160 Frw Mu Bikomoka Ku Buhinzi Byoherejwe Mu Mahanga
Next Article Abakozi Ba RIB Bahawe Umwenda Ubaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?