Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Tshisekedi Agiye Gushimira Luvumbu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Tshisekedi Agiye Gushimira Luvumbu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2024 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Héritier Luvumbu Nzinga uherutse gutandukana na Rayon Sports kubera gukora ikimenyetso cya Politiki kandi ari umukinnyi, ari hafi guhura na Perezida  Tshisekedi akamushimira.

Ibi ni ibyatangajwe na Perezida ubwe mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu minsi ishize.

Tariki ya 13 Gashyantare 2024, ni bwo FERWAFA ryatangaje ko ihagaritse Umunye-Congo, Héritier Luvumbu Nzinga mu bikorwa byose by’umupira w’Amaguru mu Rwanda mu gihe cy’amezi atandatu.

Impamvu yari uko yakoze ibimenyetso bya Politiki akabivanga n’umupira w’amaguru kandi bibuzwa n’amabwiriza agenga amarushanwa yose ya FERWAFA.

Luvumbu yari umwe mu bakinnyi bakunzwe mu Rwanda

Bidatinze na Rayon Sports yahise itandukana nawe, amasezerano araseswa.

Luvumbu yasubiye iwabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi Congo yakirwa  na Minisitiri wa Siporo muri iki gihugu, Kaburo.

Nyuma yo kugera mu gihugu cye cy’amavuko, ikipe ya AS Vita Club yahise ivuga ko imuhaye ikaze mu gihe cyose yakwifuza kuyikinira.

Icyo gihe kandi yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo na Minisitiri wa Siporo muri DRC.

Ku wa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2024, mu kiganiro cyayobowe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo akaba na Minisitiri Ushinzwe Itumanaho n’Itangazamakuru muri iki gihugu, Patrick Muyaya, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yavuze ko igihugu ayoboye kizafasha Luvumbu.

Ati: “Twaravuganye. Naramushimiye kandi nijeje ko nzamwakira imbonankubone nkamuha icyubahiro mu izina rya Repubulika.”

Perezida avuga ko yahamagaye Umuyobozi wa V. Club, Mamadou Diaby asabira Luvumbu akazi.

Ati “Naramubwiye nti ntumpakanire. Nibiba ngombwa ko ari njye uzajya umwishyura, nzishyura, niba ari Leta igomba kwishyura, icyo si ikibazo. Ariko uriya musirikare w’indatsimburwa witangiye Repubulika, ugomba kumuha umwanya muri V. Club. Ibyo kuba imyanya yose yuzuye, simbizi, sinshaka no kubimenya.”

Perezida Tshisekedi  avuga Perezida wa V. Club yamusubije ko n’ubundi Luvumbu yigeze gukinira iyi kipe ndetse bamufata nk’umwana waba agarutse iwabo.

Ati “Ntimugire rero impungenge ku birebana n’akazi, Luvumbu aragafite.”

Perezida Tshisekedi yavuze  ko azabonana  na Luvumbu akamushimira amaso ku maso, akanamushyikiriza ishimwe mu izina ry’Igihugu.

Andi makuru avuga ko uyu mukinnyi ashobora kuba yarahawe $50,000 by’ishimwe kuko bamufata nk’uwitangiye igihugu cye.

TAGGED:AKAZIfeaturedLuvumbuTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Agace Karekare Ka Tour Du Rwanda 16 Katangiye
Next Article Kamonyi: Aravugwaho Kwica Se Akoresheje Ibuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?