Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yasabye Abaturage Kwitondera Gusubira I Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tshisekedi Yasabye Abaturage Kwitondera Gusubira I Goma

admin
Last updated: 30 May 2021 10:21 am
admin
Share
SHARE

Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko atifuza ko abaturage bihutira gusubira mu byabo mu mujyi wa Goma, kubera ko impungenge ku ngaruka z’ikirunga cya Nyiragongo zitararangira.

Iki kirunga cyarutse ku wa 22 Gicurasi abaturage benshi barahunga, nyuma biza kugaragara ko hari ibyago ko gishobora kongera, bikaba byanabera munsi y’ubutaka bikagera mu kiyaga cya Kivu.

Byatumye ibice byinshi by’umujyi wa Goma bisabwa kwimuka, benshi bahungira mu Rwanda abandi bagana inzira ya Sake.

Tshisekedi kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko ibintu bitameze neza ku buryo abaturage basubira mu byabo batekanye. Ni nyuma y’inama yari amaze kugirana n’abaminisitiri bari bavuye i Goma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati “Nubwo haba hasigaye 1% by’impungenge, ntabwo nifuza ko bahita basubira i Goma. Ntabwo umuntu yamenya ibishobora kuba. Hariya hari ikiyaga kirimo imyuka myinshi. Ikiyaga kiramutse gihuye n’ariya mazuku, mwibaze ibyago bishobora kubaho.”

Abantu benshi ariko bakomeje gutaha.

Ku wa Gatanu ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko Abanye-Congo bari bagahungiye mu Rwanda bari 14 554, batangiye gufashwa gusubira iwabo, bakabanza gupimwa COVID-19.

Tshisekedi yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko i Goma hamwe n’umugore we, hagamijwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guhangana n’ingaruka z’iruka rya Nyiragongo, n’imitingito yarikurikiye ikangiza byinshi.

 

- Advertisement -
TAGGED:COVID-19featuredIkirungaNyiragongoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’U Bwongereza Yarongoye
Next Article Abanyifurije Isabukuru Nziza Babe Baretse Ntiragera Kandi COVID-19 Iracyahari: CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?