Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yasabye Abaturage Kwitondera Gusubira I Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tshisekedi Yasabye Abaturage Kwitondera Gusubira I Goma

Last updated: 30 May 2021 10:21 am
Share
SHARE

Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko atifuza ko abaturage bihutira gusubira mu byabo mu mujyi wa Goma, kubera ko impungenge ku ngaruka z’ikirunga cya Nyiragongo zitararangira.

Iki kirunga cyarutse ku wa 22 Gicurasi abaturage benshi barahunga, nyuma biza kugaragara ko hari ibyago ko gishobora kongera, bikaba byanabera munsi y’ubutaka bikagera mu kiyaga cya Kivu.

Byatumye ibice byinshi by’umujyi wa Goma bisabwa kwimuka, benshi bahungira mu Rwanda abandi bagana inzira ya Sake.

Tshisekedi kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko ibintu bitameze neza ku buryo abaturage basubira mu byabo batekanye. Ni nyuma y’inama yari amaze kugirana n’abaminisitiri bari bavuye i Goma.

Yagize ati “Nubwo haba hasigaye 1% by’impungenge, ntabwo nifuza ko bahita basubira i Goma. Ntabwo umuntu yamenya ibishobora kuba. Hariya hari ikiyaga kirimo imyuka myinshi. Ikiyaga kiramutse gihuye n’ariya mazuku, mwibaze ibyago bishobora kubaho.”

Abantu benshi ariko bakomeje gutaha.

Ku wa Gatanu ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko Abanye-Congo bari bagahungiye mu Rwanda bari 14 554, batangiye gufashwa gusubira iwabo, bakabanza gupimwa COVID-19.

Tshisekedi yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko i Goma hamwe n’umugore we, hagamijwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guhangana n’ingaruka z’iruka rya Nyiragongo, n’imitingito yarikurikiye ikangiza byinshi.

 

TAGGED:COVID-19featuredIkirungaNyiragongoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’U Bwongereza Yarongoye
Next Article Abanyifurije Isabukuru Nziza Babe Baretse Ntiragera Kandi COVID-19 Iracyahari: CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?