Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Israel Yiyoberanyije Ajya Mu Baturage Ntibamumenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Israel Yiyoberanyije Ajya Mu Baturage Ntibamumenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2021 10:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi b’Ishami ry’ubutasi imbere muri Israel ryitwa Shin Bet bambitse Perezida wa kiriya gihugu Reuven Rivlin ubwanwa burebure bufashe ku matama n’umusatsi w’umukorano, bamuha n’ikoti kugira ngo atembere mu baturage be ntawe umumenye.

Hari ku munsi ubanziriza uwa nyuma ari bumare ari Perezida wa kiriya gihugu.

Abakozi ba Shin Bet bazwiho kuba abahanga mu kwiyoboranya, bakarindira umuntu umutekano nta wundi muntu umenye ko bari muri kariya kazi.

Perezida Reuven Rivlin.

Ubwo Perezida Rivlin yari mu baturage atembera, areba uko bamerewe hari abakozi ba Shin Bet bari hirya ye bamucungira hafi nabo biyambariye nk’abaturage basanzwe.

The Jerusalem Post yanditse ko ‘ubwo Perezida Rivlin yazengurukaga mu baturage yari yishimye kandi yizeye umutekano wa bariya basore ba Shin Bet’

Bitaganyijwe ko Perezida Reuven Rivlin ari burangiza manda ye kuri uyu wa Gatatu.

Shin Bet ikora ite?

Shin Bet ni rimwe mu mashami ashinzwe umutekano imbere muri Israel. Umugambi wayo ni ‘Kurinda umutekano ntawe ukumenye’, mu Cyongereza babyita “Defender that shall not be seen” cyangwa “The unseen shield”.

Ibiro bikuru by’iki kigo byubatswe ahitwa Rammat Aviv, mu Majyaruguru y’Umujyi wa Tel Aviv.

Shin Bet ifite amashami atatu ariko irishinzwe gukumira no kuburizamo ibikorwa by’ubugome bikorwa n’abaturage ba Israel ariko b’Abarabu.

Niryo rihoza amaso n’amatwi muri Gaza no muri West Bank.

Hari ishami rishinzwe gutahura no kuburizamo ibikorwa by’iterabwoba bikorwa n’abaturage ba Israel b’Abayahudi, hanyuma hakaza ishami rya Shin Bet rishinzwe kurinda umutekano w’Abanyacyubahiro no gukumira iterabwoba muri rusange.

Abo muri iri shami nibo bari baherekeje Perezida Reuven Rivlin.

Nibo barinda za Ambasade, ibibuga by’indege n’ibigo bikomeye by’ubushakashatsi muri Israel.

Ni umutwe washinzwe nyuma gato y’ishingwa rya Leta ya Israel mu mwaka wa 1948. Washinzwe n’umugabo witwa Isser Harel, nyuma uyu yaje kuyobora Mossad.

Isser Harel.
TAGGED:featuredIsraelMOSSADPerezidaShin Bet
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Umukino W’Ububanyi N’Amahanga Hagati Y’U Rwanda Na Uganda Uteye
Next Article Umubano W’U Rwanda Na Koreya Y’Epfo Urakomeje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?