Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Mali Na Minisitiri W’Intebe Batawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Mali Na Minisitiri W’Intebe Batawe Muri Yombi

Last updated: 24 May 2021 11:56 pm
Share
SHARE

Abayobozi ba gisirikare muri Mali bataye muri yombi Perezida w’inzibacyuho Bah N’Daw na Minisitiri w’Intebe Moctar Ouane, nyuma y’impinduka bari bamaze gukora mu bagize guverinoma.

Abasirikare bitwaje imbunda babanje kujya mu rugo rwa Minisitiri w’intebe bamusaba kwemera bakajyana kwa Perezida N’Daw, bombi bahita bajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Kati, kiri hanze y’umurwa mukuru Bamako nk’uko amakuru abyemeza.

Bafashwe nyuma y’amavugurura bari bamaze gukora muri guverinoma, yatumye babiri mu itsinda ry’abasirikare ryafashe ubutegetsi mu mwaka ushize basimburwa muri minisiteri y’ingabo n’iy’umutekano. Ni ibintu bitashimishije abasirikare bakuru bayoboye igihugu.

Hari amakuru ko mu batawe muri yombi harimo na Minisitiri w’ingabo Souleymane Doucoure.

Ifungwa ry’aba bayobozi ryarushijeho gutera rujijo ku hazaza h’imiyoborere y’iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba, nyuma y’uko muri Kanama umwaka ushize abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Ibrahim Boubacar Keita.

Ndaw na Ouane bari barahawe kuyobora inzibacyuho y’amezi 18 ngo ubutegetsi busubizwe mu maboko y’abasivili. Gusa hakomeje kubaho impungenge ku kuba abasirikare bakomeje gufata imyanya ikomeye muri guverinoma.

Hari amakuru ko kuri uyu wa Kabiri umuhuza mu bibazo bya Mali, Goodluck Jonathan wanabaye Perezida wa Nigeria, azagirira uruzinduko i Bamako.

TAGGED:Bah N'DawfeaturedInzibacyuhoMaliMoctar Ouane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iraq Imaze Gusahurwa Miliyari $150 Kuva Yagabwaho Ibitero Na Amerika
Next Article NBA Yatangije Ishami Rishya Muri Afurika Ku Bufatanye N’Abashoramari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?