Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2023 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Volodymyr Zelenskyy yasabye Abanyaburayi kwigana Pologne na Slovakia  nabo bakamuha indege z’intambara zigezweho kugira ngo atsinde Abarusiya.

Yemeza ko nibidakorwa intambara izamara igihe kirekire.

Yaraye abibwiye abanyamakuru ubwo yari ari muri gari ya moshi yamuvanaga mu bice byangijwe cyane n’intambara amazemo imyaka ibiri arwana n’u Burusiya agana mu Murwa mukuru wa Ukraine ari wo Kiev.

Kuri  uyu wa Kane kandi yagejeje ijambo ku bandi bayobozi b’ibihugu by’u Burayi ababwira ko bakwiye kumuha intwaro zigezweho zirimo n’indege z’intambara ndetse n’ibisasu bya missiles kugira ngo abone uko yivuna umwanzi kubera intambara igikomeje kandi ngo ‘ishobora’kuramba.

Al Jazeera yanditse ko amagambo ya Zelenskyy yerekana ko muri iki gihe ari gutenguhwa n’abamufashije mu ntambara amazemo igihe n’u Burusiya.

Uyu muyobozi avuga ko binababaje kuba Abanyaburayi badafatira u Burusiya ibihano ngo babishyire mu bikorwa, biha Putin uburyo bwo kugwiza imbaraga.

Yemeza ko gutinda kubikora biha u Burusiya uburyo bwiza bwo gukora ibyo bushaka no gukomeza kugaba ibitero kuri Kiev.

Ati:  “ Uko mutinda niko muha  umwanzi umwanya wo kwisuganya kugira ngo akomeze intambara izamara igihe kirekire. Kumubuza kubikora biri mu nshingano zanyu kandi murabishoboye.”

Zelenskyy yashimiye Pologne na Slovakia kubera ko baherutse kumuha indege z’intambara zo mu bwoko MiG.

MiG-29 jet

Uyu mugabo yasuye biriya bice nyuma gato y’uko Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin asuye umujyi uri muri Ukraine witwa Mariupol ngo arebe uko umeze.

Ni umugi abantu be bigaruriye.

U Burusiya baherutse guha gasopo Abanyaburayi(cyane cyane Abongereza) ko uzahirahira agaha Ukraine intwaro z’intambara zikomeye, azaba akojeje agati mu ntozi.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboIntwaroPerezidaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura
Next Article Polisi Y’u Rwanda Yatsinze Iya Kenya Muri Volley Na Boxing
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyasubirwamo?

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?