Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2023 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Volodymyr Zelenskyy yasabye Abanyaburayi kwigana Pologne na Slovakia  nabo bakamuha indege z’intambara zigezweho kugira ngo atsinde Abarusiya.

Yemeza ko nibidakorwa intambara izamara igihe kirekire.

Yaraye abibwiye abanyamakuru ubwo yari ari muri gari ya moshi yamuvanaga mu bice byangijwe cyane n’intambara amazemo imyaka ibiri arwana n’u Burusiya agana mu Murwa mukuru wa Ukraine ari wo Kiev.

Kuri  uyu wa Kane kandi yagejeje ijambo ku bandi bayobozi b’ibihugu by’u Burayi ababwira ko bakwiye kumuha intwaro zigezweho zirimo n’indege z’intambara ndetse n’ibisasu bya missiles kugira ngo abone uko yivuna umwanzi kubera intambara igikomeje kandi ngo ‘ishobora’kuramba.

Al Jazeera yanditse ko amagambo ya Zelenskyy yerekana ko muri iki gihe ari gutenguhwa n’abamufashije mu ntambara amazemo igihe n’u Burusiya.

Uyu muyobozi avuga ko binababaje kuba Abanyaburayi badafatira u Burusiya ibihano ngo babishyire mu bikorwa, biha Putin uburyo bwo kugwiza imbaraga.

Yemeza ko gutinda kubikora biha u Burusiya uburyo bwiza bwo gukora ibyo bushaka no gukomeza kugaba ibitero kuri Kiev.

Ati:  “ Uko mutinda niko muha  umwanzi umwanya wo kwisuganya kugira ngo akomeze intambara izamara igihe kirekire. Kumubuza kubikora biri mu nshingano zanyu kandi murabishoboye.”

Zelenskyy yashimiye Pologne na Slovakia kubera ko baherutse kumuha indege z’intambara zo mu bwoko MiG.

MiG-29 jet

Uyu mugabo yasuye biriya bice nyuma gato y’uko Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin asuye umujyi uri muri Ukraine witwa Mariupol ngo arebe uko umeze.

Ni umugi abantu be bigaruriye.

U Burusiya baherutse guha gasopo Abanyaburayi(cyane cyane Abongereza) ko uzahirahira agaha Ukraine intwaro z’intambara zikomeye, azaba akojeje agati mu ntozi.

TAGGED:BurusiyafeaturedIngaboIntwaroPerezidaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura
Next Article Polisi Y’u Rwanda Yatsinze Iya Kenya Muri Volley Na Boxing
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?