Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Birashoboka ko ari we Perezida wa Repubulika iyo ari yo yose ugaragaye mu murima ari guhingana n’umugore we. Uwo ni Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye wahinganaga n’umugore we bakikijwe n’abaturage nabo bari guhinga.

Hari mu Ntara ya Muramvya ku musozi wa Mpehe aho yari yagiye kwifatanya n’abahatuye gusarura no kwishimira ko bejeje.

Ndayishimiye yashimye abahinzi b’i Muramvya ko bateye hakiri kare, bakeza ariko asaba abashinzwe ubuhinzi kongera imbaraga mu buhinzi bwa kijyambere.

Lors de la récolte des pommes de terre sur la Colline Mpehe @MuramvyaProv, le Président Evariste #Ndayishimiye, qui était accompagné par SE @Burundi1stLady, a interpellé les agronomes #Burundi-ais à adopter les techniques agricoles modernes afin d’augmenter la production. pic.twitter.com/vJY51lnAmV

— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) August 24, 2022

Avuga ko ubu ari bwo buhinzi bugezweho, butuma umuhinzi yihaza mu biribwa ariko akaba yasagurira n’isoko.

U Burundi ni igihugu gituwe n’abaturage batunzwe ahanini n’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Kiri mu bihugu bikennye kurusha ibindi muri Afurika ariko impamvu yabiteye n’intambara z’urudaca ziterwa n’ibibazo bya Politiki byaranze iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu mwaka wa 1962.

N’ubwo u Burundi bukennye, ariko siko byagombye kugenda.

Bufite abaturage b’abahanga kandi bifuza amahoro kugira ngo bakore batere imbere.

U Burundi kandi bufite amabuye y’agaciro yarufasha kuzamura urwego rw’ubucuruzi mpuzamahanga.

Perezida Ndayishimiye akunze kugaragara kenshi ari mu bikorwa bigamije iterambere ry’abaturage birimo n’ubworozi bw’amatungo magufi ariko yororoka vuba nk’ingurube n’ihene.

Aya matungo azwiho gutanga umusaruro vuba k’uburyo zikenura umuntu mu buryo bwihuse.

 

TAGGED:AmatungoBurundiNdayishimiyePerezidaUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray
Next Article Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?