Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Philippines: Imiryango 13,000 Yahungishijwe Iruka Ry’Ikirunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Philippines: Imiryango 13,000 Yahungishijwe Iruka Ry’Ikirunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Philippines( ni igihugu kiri mu bikikijwe n’ibirunga byinshi  kandi biruka)bwaraye bwimura abaturage benshi mu rwego rwo kubahungisha ikirunga cyatangiye kuzamura amahindure.

Iki kirunga kitwa Mayon cyatangiye kuzamura amahindure make make ndetse n’umwotsi, hakaba hari impungenge ko gishobora kuza kuruka amahindure menshi kandi akagera kure.

Abaturage bimuwe ni abo mu miryango 13,000 batuye mu bilometero bigera kuri bitandatu uturutse ku ndiba y’iki kirunga.

Ikigo cya Philippines gishinzwe iby’ibirunga kitwa Philippine Institute of Volcanology and Seismology (Phivolcs) kivuga ko ibimenyetso bitangwa n’ibyuma bya gihanga, byerekana ko mu nda ya kiriya kirunga harimo ibibuye bishyushye, bivanze n’ibyotsi bifite imbaraga k’uburyo nikiruka gishobora kugeza amahindure kure cyane.

Impuruza y’uko iki kirunga gishobora kuruka yari yabanje gutangwa ku kigero cya gatatu ariko iza kuzamuka igezwa ku kigero cya gatanu mu rwego rwo kubwira abaturage ko ibintu byihutirwa cyane.

Kugeza ubu 88% by’abari bagituriye bamaze kwimurwa ariko n’abandi basigaye hari kurebwa uko bahavanwa inzira zikigendwa.

Ikirunga cya Mayon kiri mu bilometeri 330 uturutse ku murwa mukuru Manila.

Kiri mu birunga biteje akaga kurusha ibindi ku isi kubera imbaraga kigira iyo kirutse.

Giherereye ahitwa Luzon.

Abanyamakuru ba CNN bakorera i Manila babonye abagore benshi bahetse abana babahungana.

Amakamyo nayo yari ashoreranye ahungisha ibikoresho n’abaturage biganjemo abasore abajyanye gucumbikirwa muri amwe mashuri ari hafi aho.

Biteganyijwe ko iki kirunga gishobora kuruka rwagati mu cyumweru cyatangiye taliki 12, Kamena, 2023.

Umuyobozi w’ikigo cya Philippines gishinzwe iby’ibirunga witwa Teresito Bacolcol yabwiye CNN Philippines ko inzego zose ziri gucungira hamwe uko ibintu biri kugenda hagamijwe ko haramutse hari igikomeye kibaye, cyasanga nta muturage ukiri mu gice kiri mu kaga.

Ikindi ni uko hari amatungo 10,000 nayo yahungishijwe arimo inka, ihene, intama n’ingurube.

Ikirunga Mayon cyaherukaga kuruka mu mwaka wa 2018.

TAGGED:AbaturageAmahindureGuhungaIkigoIkirungaPhilippines
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Kwigwa Uko Umuhora Wo Hagati Waba Isoko Yo Kwita Ku Bidukikije
Next Article Silvio Berlusconi YAPFUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?