Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: PM Ngirente Ashima Uruhare Rw’u Bushinwa Mu Kuzamura Urwego Rw’Ubuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

PM Ngirente Ashima Uruhare Rw’u Bushinwa Mu Kuzamura Urwego Rw’Ubuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatahaga ibitaro bya Masaka byaguwe, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko uruhare u Bushinwa bugira mu kuzamura urwego rw’ubuzima mu Rwanda ari urw’agaciro.

Yabivugiye mu muhango wo gutaha igice cyaguwe cy’ibitaro bya Masaka bisanzwe bikorerwamo kandi bicungwa n’u Bushinwa.

Si ibitaro bya Masaka gusa u Bushinwa bufashamo u Rwanda ahubwo hari n’ibitaro bya Kibungo biba mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’i Burasirazuba.

Guverinoma y’u Bushinwa ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda imaze igihe yagura ibitaro bya Masaka mu Karere  ka Kicukiro.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko  biriya bitaro bizafasha u Rwanda gukomeza gutanga umusanzu ufatika mu guha abaturage serivisi z’ubuzima.

Ati: “ Ibikorwa remezo nk’ibi bifasha Leta kugera ku ntego zayo zirimo kugira abahanga mu bintu bitandukanye birebana n’ubuzima.”

Avuga ko hari ibindi bitaro bigira uruhare rugaragara mu guha Abanyarwanda serivisi zifatika z’ubuzima.

Ibyo birimo ibitaro by’u Rwanda bya gisirikare biba mu Murenge wa Kanombe, ibitaro byitiriwe umwami Faysal n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko uriya mushinga hamwe n’indi isa nawo izafasha Abanyarwanda kubona serivisi z’ubuzima zirushijeho kuba nziza.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedMasakaMinisitiriNgirenteUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yagiye Mu Bitaro
Next Article I&M Bank( Rwanda) Plc Yishimira Inyungu Ya 22% Yagize Mu Mwaka Wa 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?