Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: PM Ngirente Ashima Uruhare Rw’u Bushinwa Mu Kuzamura Urwego Rw’Ubuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

PM Ngirente Ashima Uruhare Rw’u Bushinwa Mu Kuzamura Urwego Rw’Ubuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatahaga ibitaro bya Masaka byaguwe, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko uruhare u Bushinwa bugira mu kuzamura urwego rw’ubuzima mu Rwanda ari urw’agaciro.

Yabivugiye mu muhango wo gutaha igice cyaguwe cy’ibitaro bya Masaka bisanzwe bikorerwamo kandi bicungwa n’u Bushinwa.

Si ibitaro bya Masaka gusa u Bushinwa bufashamo u Rwanda ahubwo hari n’ibitaro bya Kibungo biba mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’i Burasirazuba.

Guverinoma y’u Bushinwa ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda imaze igihe yagura ibitaro bya Masaka mu Karere  ka Kicukiro.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko  biriya bitaro bizafasha u Rwanda gukomeza gutanga umusanzu ufatika mu guha abaturage serivisi z’ubuzima.

Ati: “ Ibikorwa remezo nk’ibi bifasha Leta kugera ku ntego zayo zirimo kugira abahanga mu bintu bitandukanye birebana n’ubuzima.”

Avuga ko hari ibindi bitaro bigira uruhare rugaragara mu guha Abanyarwanda serivisi zifatika z’ubuzima.

Ibyo birimo ibitaro by’u Rwanda bya gisirikare biba mu Murenge wa Kanombe, ibitaro byitiriwe umwami Faysal n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko uriya mushinga hamwe n’indi isa nawo izafasha Abanyarwanda kubona serivisi z’ubuzima zirushijeho kuba nziza.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedMasakaMinisitiriNgirenteUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yagiye Mu Bitaro
Next Article I&M Bank( Rwanda) Plc Yishimira Inyungu Ya 22% Yagize Mu Mwaka Wa 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?