Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Iburira Abantu Ariko Hari Abahaze Amagara Yabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Polisi Iburira Abantu Ariko Hari Abahaze Amagara Yabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2021 6:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nitwa Havugiyaremye Jérémie ntuye mu murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15, Mutarama, 2021 ubwo najyaga ku kazi, nabonye umuntu imodoka yari igongeye muri zebra crossing kwa Lando ari kuri telefoni.

Uwo mugabo bigaragara ko akuze( arengeje imyaka 35 y’amavuko) yageze kuri zebra imodoka zirahagarara aho kugira ngo yambuke aguma kuri telefoni za modoka zigira ngo ahagaze akomeje n’aho byari iby’akanya gato.

Mu buryo butunguranye wa mugabo yahise yinjira muri zebra kandi akiri kuri telefoni imodoka zimuca ku ruhande, bisa n’aho haburaga gato ngo imwe imugonge.

Umupolisi wari uhagaze ku gice cyegereye Hotel Chez Lando yumiwe!

Nibaza niba umunyamaguru ukoze ibintu nk’ibyo nta bihano agenerwa cyangwa se wenda akagirwa inama!

Kwambuka zebra crossing uri kuri telefoni ni ugushyira ubuzima bwa nyirabwo mu kaga.

Nigeze gusoma inkuru Taarifa yanditse ivuga ko iyo ubwonko umuntu abuhaye imirimo irenze umwe, bigabanya ubushobozi bwabwo bwo gukora ikintu neza.

Nyuma yo kubona ibyo uriya mugabo yakoze, nibajije impamvu hari abantu bakerensa inama bahabwa na Polisi yo kwirinda ikintu cyose cyashyira ubuzima bwabo mu kaga igihe bakoresha umuhanda.

Njya numva bavuga ngo nta munyamaguru ugira amakosa mu gukoresha umuhanda ariko nanone nkeka ko amakosa ya mbere umuntu yakora akamukoraho ari ukurangara mu mimerere yatuma amugara cyangwa agatakaza ubuzima.

Uko bimeze kose nagira inama bagenzi banjye bagenda n’amaguru mu mihanda y’i Kigali ko kwambuka zebra crossing uri kuri telefoni ari ukwiyahura kandi erega sinumva n’ikiganiro baba bafite kuri telefoni kihutirwa k’uburyo cyatuma bishyira bwabo mu kaga.

Icyantangaje ni uko iriya myitwarire nari maze igihe nyibona ku bakobwa ariko nkaba nayibonye ku mugabo w’igikwerere.

Numva twirinze ikintu cyose cyatuma dupfa muri iki gihe hari ikindi cyorezo kica abantu byaba ari umwanzuro mwiza.

Twirinde ibyatiza umurindi urupfu ngo abo ruhitana bitewe na COVID-19 biyongereho abandi bazize ibindi.

TAGGED:featuredKigaliPolisiTaarifaUbuzimaZebra
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyavuye Mu Matora Byashyize Museveni Ku Mwanya Wa Mbere ‘By’Agateganyo’
Next Article Prof Kigabo wa BNR Yapfuye, Uwo Bakoranaga Ati: ‘Tubuze Umunyamurava’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?