Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Irasaba Abafana Gucika Ku Rugomo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Irasaba Abafana Gucika Ku Rugomo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2023 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko imwe mu nshingano zayo ari ugutsimbataza umudendezo rusange, Polisi irasaba abafana b’amakipe yo mu Rwanda kugarura umuco wo kwihanganirana, ntibarwane cyangwa ngo babwirane amagambo agize icyaha.

Ku rundi ruhande, ivuga ko abazabirengahp bagomba kwitega ko bazakurikiranwa mu mategeko.

Mu minsi mike ishize, zimwe mu nkuru zo mu mikino zavugaga abafana bamwe mu makipe akomeye mu Rwanda basagariye abafana n’abasifuzi.

Hari abateje umutekano muke bakomeretsa bagenzi babo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ingero zitangwa n’urw’ibyabaye taliki 22, Ukuboza, 2022 ubwo nyuma y’umukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona wahuje APR FC na  Etincelles kuri sitade Umuganda mu Karere ka Rubavu, abafana bakubise bikomeye abo bari bahanganye nabo birangira bajyanywe mu bitaro.

Mbere y’aho gato ni ukuvuga taliki 11 Ukuboza, mu mukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona Etincelles yari yakiriyemo Rayon Sports kuri sitade Umuganda, umunyamakuru yahohotewe n’abafana asohoka umukino utarangiye.

Ntibyatinze  mu mukino wahuje Kiyovu Sports na Gasogi United taliki ya 20 Mutarama, 2022 kuri sitade ya Bugesera hari abafana batishimiye imisifurire yaranze umukino bituma basagarira umusifuzi baramutuka bya gishumba.

Hashize iminsi itanu kandi,( ni ukuvuga taliki 12,  Gashyantare, 2023) nyuma y’umukino APR FC yakiriyemo Rayon Sports kuri sitade mpuzamahanga ya Huye, ubwo  abafana barimo bataha i Kigali bamwe muri bo bateye amabuye imodoka yari itwaye abafana b’ikipe bari bahuriye mu mukino bakomeretsa abagera kuri batandatu.

Batandatu muri abo bafana baje gutabwa muri yombi na Polisi ku wa Kabiri tariki ya 14 Gashyantare, 2023.

- Advertisement -

Polisi iti: ‘Mucike k’urugomo’

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko ubusanzwe imikino ari umwanyawo kwidagadura no gusabana.

Ngo si  urubuga rw’amakimbirane n’imirwano .

CP Kabera ati: “Imikino by’umwihariko amarushanwa y’umupira w’amaguru  ategurwa hagamijwe kwidagadura no gusabana ku mpande zombi zihuriye ku mukino.  Ntabwo ari umwanya wo guteza urugomo no gusagarira abandi ubahungabanyiriza umudendezo bitewe n’uko utishimiye ibyavuye mu mukino.”

Avuga ko nta muntu n’umwe wemerewe kubuza abandi uburenganzira bwabo.

Aburira ababikora ko amategeko azabahana.

CP Kabera yasabye abafana kwihanganira ibivuye mu mikino ihuza amakipe bafana, byaba ari ugutsinda cyangwa gutsindwa.

Ingingo ya 121 yo m u itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, abishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW).

TAGGED:AbafanaAbaturagefeaturedImikinoKaberaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Ashima Banki Zakuye Abantu Mu Ngaruka Za COVID-19
Next Article Burundi: Hafashwe Abantu Bavugwaho Gutera Inkunga Abakora Iterabwoba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?