Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Isaba Abanyarwanda Gushyiraho Akabo Mu Kurinda Ibyabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Isaba Abanyarwanda Gushyiraho Akabo Mu Kurinda Ibyabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2021 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kwereka itangazamakuru abagabo bafashwe mu bihe bitandukanye bakurikiranyweho kwiba Televiziyo za rutura, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yavuze ko Polisi izakomeza gufata abanyabyaha harimo n’abajura, ariko agasaba Abanyarwanda kubigiramo uruhare bashyiraho uburyo bwose burimo na CCTV cameras.

Abakurikiranyweho kwiba ziriya televiziyo za rutura bitanye ba mwana, buri wese akavuga ko ari undi wabyibye akabimuzanira. Harimo umwe  wavuze ko asanzwe acuruza ibyuma bya occasion ariko akemera ko hari ibyo agura akabigurisha azi neza ko ari ibyibano.

Jean Paul Bayingana avuga ko n’ubwo yari azi ko hari bimwe mu byo agura akabigurisha azi neza ko ari ibijurano, yirinze kubimenyesha Polisi ariko ngo yafashwe yitegura kubiyibwira.

Ati: “ Nari nzi ko ibyo naguraga ari ibijurano ariko ni icyaha naguyemo. Ariko akenshi ubutangira utazi ko uguze ibijurano ariko iyo ubimenye umutima urakurya. Ubu cyari cyo gihe cyo gufatanya n’inzego z’umutekano ngo tubihashye.”

Mbere y’uko Bayingana avugisha itangazamakuru hari mugenzi we wavuze ko hashize imyaka itatu yiba ariko atabiherukaga. Yatubwiye ko yaje no kubifungirwa, ndetse ajyanwa no mu kigo kigorora inzererezi kiri mu i Wawa.

Nyuma aho agarukiye, yagiye mu cyaro arahatura ndetse ahororera n’inkoko, ariko akaba yari asanzwe akorana n’undi witwa Jean Paul nawe wari wazanywe kwerekwa itangazamakuru.

Yemeye ko yigeze kuba umujura ariko ko muri iki gihe yabiretse.

Abanyarwanda bagomba gushyiraho uburyo bajya barinda ibyabo

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko abafashwe bari bagize agatsiko kiba ibintu i Kigali kakabijyana i Rubavu.

Yasabye abaturage kureka ubujura, kandi agasaba abatarajya mu bujura kumenya kujya batanga amakuru mu gihe cyose bibwe, kandi bakirinda kugura ibintu bitaguzwe ku mucuruzi uzwi, bakabigura babyita ‘imari ishyushye’

CP Kabera yavuze ko kugura ibintu nka biriya babyita ‘imari ishyushye’, iyo mari ishobora kubatwika.

Yagize ati: “ Icya mbere tuzakomeza dufate kandi twerekane abajura mu gihe bakiba Abanyarwanda, icya  kabiri tuzakomeza kugira inama Abanyarwanda ko  bagomba kuba maso no gushyiraho uburyo bajya barinda ibyabo harimo no kugura izi CCTV cameras ariko n’uwibwe akaba agomba kubitubwira tugakurikirana.”

Iyo binyuze mu nkiko, umuntu ukurikiranyweho icyaha cyo kwiba agahamwa nacyo, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe(1) ariko kitarengeje imyaka ibiri(2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe(1.000.000 Frw) ariko atarenze miliyoni ebyiri(2.000.000 Frw), imirimo y’inyugu rusange mu gihe cy’amezi atandatu(6) cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera
Umwe mu bibwe biriya byuma
TAGGED:featuredKaberaTeleviziyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi Na Tanzania Biyemeje Ubufatanye Mu By’Amabuye Y’Agaciro
Next Article Umuyobozi wa Croix-Rouge Y’U Rwanda ‘Aravugwaho’ Gusondekesha Inzu Z’Imbabare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?