Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yagaruje Amafaranga Yari Yibwe Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yagaruje Amafaranga Yari Yibwe Umuturage

admin
Last updated: 06 March 2022 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 04 Werurwe yagaruje  800.500 Frw, muri 1.200.000 Frw yari yibwe umucuruzi.

Ni amafaranga y’umugabo ucuruza ibigori mu duce dutandukanye tw’Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali.

Yibwe ku wa Gatatu tariki ya 02 Werurwe, uwayatwaye aza gufatirwa iwe mu rugo mu mudugudu wa Nyagacyamu, Akagali ka Muganza, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Theobald Kanamugire yavuze ko uwo mugabo ukekwaho kwiba amafaranga yafashwe nyuma y’uko nyirayo yatabaje Polisi.

Yatanze ikirego ko “yibwe amafarnga n’umukozi we” yahaye akazi ko “kumucururiza ibigori mu Murenge wa Runda bifite agaciro ka 1.200.000 Frw yamaze kubigurisha aho kuzanira amafaranga nyirayo yahise ayatwara yose aburirwa irengero.”

Polisi ikorera Karere ka Kamonyi yahise itangira kumushakisha  imufatira kuwa Gatanu iwe mu rugo mu mududugudu wa Nyagacamu, mu Kagali ka Muganza.

Yafashwe asigaranye  800.500 Frw muri miliyoni 1.200.000 Frw yari yibye.

SP Kanamugire yatangaje ko uriya mugabo “akimara gufatwa yavuze ko a yandi mafaranga yayagurije umuntu”.

Yagiriye inama abantu bose bafite ingeso yo kwiba ko babireka kuko inzego z’umutekano zifatanije n’abaturage zakajije umurego wo kubafata, anabibutsa ko ari icyaha gihanwa n’amategeko

Yakomeje ashimira abaturage bakomeje gutanga amakuru y’abajura biba abaturage,  anabasaba kongera ingufu mu kwicungira umutekano wabo n’ibintu byabo.

Ukekwaho ubu bujura yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB)n, kugira ngo akurikiranwe.

Itegeko ku cyaha cy’ubujura riteganya igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:featuredPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Ati: ‘ U Bufaransa Nshaka Ni Ubw’Abashaka Impinduka, Si Ubw’Abizirika Ku K’Ejo’
Next Article Minisitiri W’Ubucuruzi Béatha Habyarimana Avuga Ko Hari Abacuruzi Bazamuye Ibiciro Ku Bwende Bwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?