Polisi Yasabwe Kuzakora Byose Umutekano Mu Minsi Mikuru Ugasagamba

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yaraye asabye Polisi y’u Rwanda kuzakomeza kuba maso mu minsi mikuru irangiza umwaka, ikazaba mu mutekano usesuye.

Yabisabiye mu Nama nkuru ya Polisi y’u Rwanda yaraye iteraniye ku kicaro gikuru cy’uru rwego kiri ku Kacyiru.

Minisitiri Gasana mu ijambo rye yagarutse ku bikorwa bitandukanye byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, avuga ko usanga birangwa n’ibirori bitandukanye birimo  ibitaramo by’abahanzi, amasengesho y’amadini n’ibindi.

Yabwiye abayobozi ba Polisi n’abapolisi muri rusange kuzakomeza kuba maso kugira ngo hatagira umuturage uhungabana, byose bikazaba mu mutekano usesuye.

- Advertisement -

Yagarutse ku ruhare rwa Polisi mu kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo, avuga ko bigerwaho igihe hasuzumwe imbogamizi zigaragara mu kazi ka buri munsi zigashakirwa ibisubizo.

Gasana yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu gucunga umutekano n’ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, hibandwa ku guhangana n’ibitera guhungabana  k’umutekano.

Yashimye abapolisi bitwara neza mu kazi, bakarangwa n’ikinyabupfura ariko anenga abagaragaje imyitwarire mibi yatumye hari n’abirukanwa.

Muri iyi nama yahuje ubuyobozi bukuru bwa Polisi Minisitiri ufite uru rwego mu nshingano ze yashimye umurava abapolisi bagaragaje mu mwaka wa 2023 binyuze mu kurinda umutekano mu muhanda, mu mazi, gutabara ahabaye ibyago birimo n’inkongi n’ibindi.

Uyu murava kandi yabasabye kuzawurambana

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana

Ati: “Abapolisi bagaragaye hirya no hino mu bikorwa by’ubutabazi bitandukanye nk’ibiza, inkongi z’umuriro, impanuka zo mu muhanda n’ibindi. Ubuyobozi bw’Igihugu cyacu buzakomeza gufasha Polisi y’u Rwanda mu buryo bwose bushoboka kugira ngo mukomeze kuzuza izo nshingano zanyu neza, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage muri rusange.”

Yasezeranyije uru rwego ko Guverinoma izakomeza kurushakira imbaraga kugira ngo rukomeze kurinda Abanyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Felix Namuhoranye yibukije abo ashinzwe ko  indangagaciro indangagaciro zibaranga zikubiyemo  gukunda akazi, disipuline n’ubunyamwuga.

IGP Felix Namuhoranye

IGP Namuhoranye yongeye kubaburira ko Polisi itazihanganira ruswa kandi asaba buri wese guha umuturage serivisi nziza  no gukorana bya hafi n’abaturage mu bikorwa byo gucunga umutekano na gahunda zigamije iterambere.

Inama Nkuru ya Polisi ihuza abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu, abayobora amashami atandukanye ya Polisi, abayobora amashuri ya Polisi y’u Rwanda, abayobora Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’Intara, Umujyi wa Kigali no ku rwego rw’uturere.

Buri gihe uko yateranye igomba kuba iyobowe na Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze, ubu akaba ari Gasana Alfred.

Iyi nama yitabirwa n’abayobozi bakuru ba Polisi guhera ku rwego rw’igihugu kugeza ku rwego rw’Akarere
Abayobozi bakuru ba Polisi bicaye imbere
Ubanza ibumoso yitwa ACP Sakindi Oscar ashinzwe ikoranabuhanga muri Polisi y’u Rwanda
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version