Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yishimira Ko Ibyaha Biri Kugabanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yishimira Ko Ibyaha Biri Kugabanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2023 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga ashima umusanzu w’abaturage bafatanya na Polisi n’izindi nzego z’umutekano mu kwicungira umutekano kandi ngo byatumye mu mezi atandatu ashize ibyaha bigabanuka ku kigero cya 50%.

Ikindi ashima ni uko n’ababikora bafatwa bakagezwa mu butabera.

Ibi byose ngo biterwa n’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage hirya no hino mu gihugu cyane mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo.

ACP Rutikanga ati: “ Ugereranyije no mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2023, mu mezi atandatu ya nyuma yawo imibare igaragaza ko ibyaha byagabanutse muri rusange, aho ibyaha by’ubujura byagabanutse ku kigereranyo cya 50%, mu gihe ibindi byaha nko gukubita no gukomeretsa n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge byagabanutse ku kigereranyo cya 40%.”

Avuga ko ubufatanye n’izindi nzego z’umutekano, inzego z’ibanze n’abaturage batanga amakuru afasha mu gutegura ibikorwa byo gufata abanyabyaha ari byo byatumye iriya mibare igera kuri uru rwego.

Ikindi ni uko Polisi y’u Rwanda yakomeje gushyira imbaraga mu gucunga umutekano hibandwa ku kubaka ubushobozi no gukorana n’abafatanyabikorwa barimo Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano (CPCs), urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, amatsinda yashyiriweho kurwanya ibyaha (Anti-crime clubs), Imboni z’impinduka mu gukumira no kurwanya ibyaha,  ibigo byigenga bicunga umutekano, DASSO, inzego z’ibanze n’izindi nzego za Leta.

Rutikanaga avuga ko hejuru y’ibyo, hiyongeraho n‘ibindi bikorwa bizamura imibereho myiza y’abaturage bafatanyamo na Polisi y’u Rwanda bigatuma barushaho kuyigirira icyizere no kumva batekanye aho bari hose.

Ati: “Mu gihugu hose umutekano umeze neza n’ahagaragara ibyaha bikurikiranwa mu buryo bwihuse, ababigizemo uruhare bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera.”

Mu Rwanda hose hari urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha barenga miliyoni 1.6, abibumbiye mu makoperative y’imboni z’impinduka bagera ku 1000, abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano bagera ku 74,185 n’amatsinda 690 yo kurwanya ibyaha hirya no hino mu gihugu.

Abitwa Imboni z’impinduka ni urubyiruko rw’abahoze mu bigo ngororamuco bya Iwawa, Nyamagabe na Gitagata bibumbiye mu makoperative hirya no hino mu gihugu abafasha kwiteza imbere.

Bagira uruhare mu gukumira ibyaha no guhindura imyitwarire y’urubyiruko rukiri mu ngeso mbi n’ibikorwa bigayitse binyuze mu bukangurambaga.

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha ryashinzwe mu mwaka wa 2013, ibikorwa byarwo bikaba byaragiriye igihugu akamaro mu nzego zitandukanye zirimo n’iz’ubukungu.

Ibikorwa byabo bibarirwa mu gaciro k’amamiliyari y’amafaranga y’u Rwanda  birimo kubaka no kuvugurura inzu z’imiryango itishoboye, gusana imihanda, kubaka imirima y’igikoni, gutera ibiti n’ibindi bikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

N’ubwo Polisi ishima uko umutekano wifashe muri iki gihe, ku rundi ruhande, iburira abishora mu bujura n’ibindi byaha kubicikaho kuko hakajijwe ingamba zo guhangana nabo.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbyahaPolisiRutikangaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage
Next Article Bugesera: Padiri Yishe Abantu Babiri Abagonze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?