Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yongereye Ikibatsi Mu Mubano N’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yongereye Ikibatsi Mu Mubano N’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 December 2022 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda no kurushaho gukomeza umurunga uyihuza n’abo, Polisi y’u Rwanda yamurikiye abaturage batishoboye inzu yabubakiye.

Ni igikorwa cyakozwe mu Ntara zose z’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali.

Mu Mujyi wa Kigali, hatashywe inzu esheshatu, ebyiri ebyiri muri buri Karere kagize  Umujyi wa Kigali.

Ni inzu zubatswe mu rwego rwo gufasha abaturage kuba ahantu habahesha icyubahiro kandi hatekanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Buri mwaka Polisi igena icyo yise ‘ Police Month’.

Ni igihe yihaye cyo kwegera abaturage , ikabafasha mu kwiteza imbere binyuze mu bikorwa by’iterambere ariko bakibutswa n’akamaro ko kuba ijisho ry’umuturanyi.

Ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, umuhango wo kurangiza uku kwezi urabera kuri Stade ya Kigali iri i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Mu Ntara y’i Burengerazuba Polisi yibukiye inzu ebyiri muri buri Karere zigenewe abatishoboye.

Muri buri Karere kandi ingo 250 zahawe amashanyarazi, ni ukuvuga ko ingo 1,750 ari zo zahawe amashanyarazi zose hamwe.

- Advertisement -

Polisi kandi yubatse irerero rimwe muri buri Karere mutugize iyi Ntara.

Umwihariko muri iyi Ntara uri muri Nyabihu aho Polisi yubatse ubwogero bw’inka.

Umwe mu bahawe inzu mu Karere ka Ngororero

Mu Ntara y’i Burasirazuba, Polisi yahaye amashanyarazi ingo 278 zo mu Karere ka Bugesera, iha andi mashanyarazi ingo 278 zo mu Karere ka Rwamagana, izindi ngo 279 zo mu Karere ka Gatsibo nazo zahawe ariya mashanyarazi, muri Kayonza ingo 270 zahawe amashanyarazi, Kirehe ingo 284 zihabwa amashanyarazi, muri Nyagatare ingo 278 zihabwa amashanyarazi mu gihe muri Ngoma ingo 278 ari zo zayahawe.

Muri buri Karere kandi hubatswe irerero ryo kwita ku bana.

Hejuru y’ibi Polisi yubakiye inzu imiryango ibiri muri buri Karere.

By’umwihariko, muri Nyagatare no muri Gatsibo ubwogero bw’inka bumwe bumwe.

Umwe mu nzu zahawe abaturage mu Karere ka Nyagatare

Mu Ntara y’Amajyaruguru, muri Gicumbi ingo 278 zahawe amashanyarazi, muri Burera biba uko, muri Musanze n’aho biba uko muri Gakenke no muri Rulindo biba uko.

Bivuze ko ingo 1,390 zahawe amashanyarazi.

Muri buri karere mu tuvuzwe haruguru, Polisi yahubatse irerero, kandi yubakira imiryango ibiri muri buri karere inzu yo guturamo.

Mu Ntara y’Amajyepfo ingo 278 zo muri Muhanga zahawe amashanyarazi, bigenda gutyo ku ngo 459 zo muri Nyamagabe, bigenda gutyo ku ngo 278 zo muri Nyaruguru, ndetse zikomeza kuba ingo 278 muri buri Karere mudusigaye tugize iyi Ntara.

Muri buri Karere kandi hubatswe irerero rimwe ndetse hubakirwa n’inzu ebyiri muri buri karere zigenewe abatishoboye.

Amashanyarazi yahawe ingo zavuzwe haruguru akomoka ku mirasire y’izuba.

TAGGED:AbaturageAkarerePolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twitter Yafunze Imbuga Z’Abanyamakuru Ba New York Times, CNN, The Post…
Next Article Imiryango Y’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi Baramagana Ibibera Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?