Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’U Rwanda Iha Abatuye Bangui Amazi Ibarinda Ibyago Byo Kuyavana Kure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Y’U Rwanda Iha Abatuye Bangui Amazi Ibarinda Ibyago Byo Kuyavana Kure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2021 2:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi bahaye amazi meza abaturage b’Igihugu cya Repubulika ya Central Africa bari mu murwa mukuru Bangui.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri Centrafrique, Chief Superintendent of Police( CSP) Claude Bizimana avuga ko Polisi ibikora mu rwego rwo kurinda ko abaturage bagirirwa nabi bagiye kuyavoma kure yabo.

Abaturage bahawe ariya mazi batuye aahitwa SEGA2 na Maison des Jeunes kandi  abahawe amazi ni imiryango 100.

Amazi arimo guhabwa aba baturage ari mu byiciro bibiri, hari ari mu bigega Polisi y’u Rwanda ishyira abaturage aho batuye  n’andi anyura mu miyoboro y’amazi (Nayikondo).

Chief  Superintendent of Police (CSP) Claude Bizimana uyobora itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu murwa mukuru wa Central Africa (FPU-1) yagize ati: “ Iki gikorwa cyo gutanga amazi kiri mu rwego rwo gukomeza gucungira umutekano aba baturage  kuko byabasabaga kujya gushaka amazi kure nyamara bashobora kuhahurira n’inyeshyamba zikaba zabagirira nabi.”

Yavuze ko kubaha ariya mazi biri mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza yabo  kuko ni meza kandi atuma bagira isuku.

CSP Bizimana yabwiye bariya baturage  ko ibikorwa bya Polisi bitazajya bigarukira mu kurinda izi mpunzi gusa ko ahubwo bazakomeza gufatanya  no mu bindi bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza.

Bazafatanya kandi no  mu gukora umuganda, gufatanya mu  burezi, kuboneza imirire bubaka uturima tw’igikoni, ubuvuzi  n’ibindi.

Yabasabye kuzajya bafata neza amazi bahawe ntibayapfushe ubusa kuko amazi ari ubuzima.

Yvas Tarcosuss Kola umwe mubahawe amazi yashimiye Polisi y’u Rwanda uburyo ibitaho mu buryo bwose ntibagarukire mu kubacungira umutekano mu nkambi gusa ahubwo bakabafasha kwiyubaka mu bundi buzima.

Yavuze ko bakoraga ibilometero byinshi bajya gushaka amazi kandi nayo atari meza kandi ko byari ikibazo kibakomereye.

Ngo byabasabaga kuva mu nkambi bakajya kuyashaka hanze yayo kandi naho mu mugenzi ufite amazi mabi.

Nawe yavuze ko babaga bafite ibyago byo kuba bahurira mu nzira n’abagizi ba nabi bakabagirira nabi cyane cyane abagore n’abakobwa.

TAGGED:AmaziBizimanaCenfrafriquefeaturedPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Israel Yacanye Umuriro Kuri Gaza
Next Article Perezida Kagame Yasabye Abacamanza Guca Ukubiri Na Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?