Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Ikomeje Gufasha Mu Mibereho Myiza Y’Abatuye Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Polisi Y’u Rwanda Ikomeje Gufasha Mu Mibereho Myiza Y’Abatuye Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 11:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU2-7) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique (MINUSCA) bakorera mu Ntara ya Nana Gribizi muri Komini ya Kaga Bandoro, bahaye abahatuyee ibikoresho by’ubuhinzi n’iby’ubuvuzi.

Koperative eshatu nizo zahawe ibikoresho birimo n’ibyo kuhiza imyaka.

Nyuma yo kubaha biriya bakoresho, hakurikiyeho kubasuzuma no kubavura indwara.

Abahawe ubu buvuzi ni abatuye mu nkambi ya  Lazaret.

Ibikoresho by’ubuhinzi byatanzwe bigizwe n’ifumbire mvaruganda, ingorofani, ibikoresho byifashishwa mu kuhira imyaka (Arrosoirs), ibyifashishwa mu gutera imiti (Pompes), imiti y’imyaka, amasuka, ibitiyo, imbuto zitandukanye zo gutera, amajerekani n’ibikoresho by’isuku birimo indobo, isabune n’ibindi.

Madamu Brigitte Gbenou uyobora  Ihuriro ry’amakoperative y’ubuhinzi yahawe ibikoresho  yashimye igikorwa cyakozwe n’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda avuga ko kije ari igisubizo cy’ibyifuzo byabo.

Ati: “Turashimira Polisi y’u Rwanda kuri iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo gushyikiriza amakoperative y’ubuhinzi, ibikoresho byari bicyenewe bizafasha mu guteza imbere no kunoza umurimo w’ubuhinzi, umusaruro ukazarushaho kuba mwiza no kwiyongera bityo bakabasha kwikura mu bukene bihaza mu biribwa no gusagurira isoko.”

Ngo batewe ishema no kuba bafite abapolisi b’u Rwanda babatekerereza  n’icyabateza imbere nyuma y’akazi ko kubarindira umutekano.

Umuyobozi w’Akarere iyi nkambi iherereyemo ka Bandoro witwa  Alvin Maussa Zavido, yavuze ko abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye    muri Kaga Bandoro ari intangarugero mu gucunga umutekano kandi baha agaciro ubuzima bw’abo bashinzwe kurinda.

Chief Superintendent of Police (CSP) Hodali Rwanyindo  uyobora itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gace ka  Kaga bandoro (FPU2-7) yavuze ko guteza imbere imibereho myiza y’abaturage nabyo biri mubyoo bashinzwe.

Ati: “Kugira ubuzima buzira umuze n’imibereho myiza y’abaturage by’umwihariko ku bakuwe mu byabo n’intambara ni bimwe mu byo duharanira mbere na mbere nk’inshingiro ry’umutekano n’ituze rusange.”

Yabasabye kuzakoresha neza ibikoresho bahawe,  anabizeza ko itsinda RWAFPU 2-7 abereye umuyobozi rizakomeza kubaba  hafi bagakomeza kunoza imikoranire no gufatanya nabo mu gucunga umutekano.

Madamu Oulimata Diarra wari uhagarariye MINUSCA muri uyu muhango, yashimye igikorwa cyakozwe n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko kigaragaza ko batita ku mutekano w’abaturage gusa ko ahubwo bazirikana no ku cyabateza imbere.

TAGGED:AbapolisiCentrafriquefeaturedRwandaUbuhinziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Papa Benedigito XVI Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?