Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Yasabye Urubyiruko Ruba Hanze Kuyijyamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Y’u Rwanda Yasabye Urubyiruko Ruba Hanze Kuyijyamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2022 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP, Jeanne Chantal Ujeneza yaraye asabye urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba hanze yarwo kuzaza rukajya muri Polisi rugatanga umusanzu mu kururindira umutekano.

Hari mu kiganiro yahaye abasore n’inkumo 118 bibumbiye mu itsinda ryiswe Rwanda Youth Club Beligium.

Abenshi muri bo bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ngo bwari ubwa mbere baje mu Rwanda

Bari mu rugendo bise  Rwanda Youth Tour rubaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko aho rwaherukaga kuba mu mwaka wa 2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo yabahaga ikaze muri Polisi y’ u Rwanda; DIGP Ujeneza yabashimiye igitekerezo bagize cyo gusura u Rwanda nk’igihugu cyababyaye ndetse bakaba basuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro cyayo gikuru kiri ku Kacyiru.

Mu kubasobanurira imikorere ya Polisi y’u Rwanda, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza yababwiye ko ari urwego rushinzwe umutekano kandi rukorana n’abantu bose.

Yababwiye ko bagomba kuzirikana ko aho bari hose bagomba guhagararira u Rwanda, bakaruvuga ibigwi kandi bakarangwa n’indangagaciro z’Abanyarwanda zirimo kwiyubaha no kwanga umugayo.

DIGP Ujeneza yabwiye ruriya rubyiruko ko bakwiyo no kugira uruhare mu gucunga umutekano ndetse n’iterambere ry’igihugu cyabo, aboneraho no kubasaba kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bakagira umusanzu batanga mu kurucungira umutekano.

Yababwiye ko urwego akorera rufite byinshi bashobora gutangamo umusanzu birimo kurwanya ibyaha, gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivise zifasha abaturage, guharanira ihame ry’uburinganire, kwigisha abaturage kwirinda no kurwanya inkongi, kubungabunga amahoro mu bihugu birimo intambara n’amakimbirane no kurwanya ruswa.

- Advertisement -
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza aganiriza urubyiruko ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda

Umuyobozi wa ruriya rubyiruko witwa Bizimana Kennedy niwe wagize igitekerezo cyo gushinga ririya huriro ry’urubyiruko rutuye mu bihugu bitandukanye.

Ati: “Twashinze iri huriro umwaka ushize wa 2021 kuko byari bimaze kugaragara ko hari urubyiruko rutazi amateka n’ umuco by’u Rwanda.”

Ni urubyiruko rwaturutse mu bihugu 13 bitandukanye.

Uru rubyiruko rwiganjemo abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
TAGGED:BubiligifeaturedPolisiUjenezaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bucyibaruta Yakatiwe, Abarokokeye Ku Gikongoro Babona Ubutabera
Next Article Uwishe Shinzo Abe Ati: ‘Namuzijije Kuduhindura Abakene’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?