Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Prof A. Lyambabaje Uzayobora Kaminuza Y’u Rwanda ‘Yavukiye I Bwami’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Prof A. Lyambabaje Uzayobora Kaminuza Y’u Rwanda ‘Yavukiye I Bwami’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2021 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kimwe mu byemezo Inama y’Abaminisitiri yaraye ifashe ni uko Bwana Prof Alexandre Lyambabaje aba umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda. Asimbuye Prof Cotton wari umaze imyaka itanu kuri aka kazi.

Hari hashize amezi runaka hashakishwa uwayobora Kaminuza y’u Rwanda kuri uriya mwanya.

Amakuru twamenye ni uko Alexandre Lyambabaje yavukiye i Nyanza mu Rukari aho Se yazanywe gutuzwa n’Umwami Mutara III Rudahigwa.

Lyambabaje yavutse Rudahigwa amaze igihe gito atanze kuko yatanze tariki 25, Nyakanga, 1959.

Imwe mu mpamyabumenyi afite ni iy’imibare yakuye muri Kaminuza ya Rennes mu Bufaransa.

Yakoze mu nzego nyinshi za Leta harimo no kuba yarabaye Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, icyo gihe hari muri 1999.

Umwaka wakurikiyeho yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda n’Ubukerarugendo, guteza imbere ishoramari n’Amakoperative, aguma kuri uyu mwanya kugeza muri 2003.

Ari mu mpuguke zafashije u Rwanda gushyiraho Politiki y’Ubukerarugendo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikindi kandi ni uko Prof Lyambabaje yagize uruhare rufatika mu gutuma habaho kwihuza kw’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba n’uw’ibihugu bigize Umuryango uhararira ubuhahirane w’ibiherereye mu Majyepfo y’Afurika( COMESA).

Guhera muri Mata, 2014 kugeza uyu munsi, Prof Alexandre Lyambabaje yari umwe mu bashakashatsi bakuru muri Kaminuza y’u Rwanda bakoraga mu ishami ry’ubuvuzi.

Ikindi azwiho ni uko akunda Umukino wa Volleyball akaba aba mu ishyaka rya PSD.

Bamwe mu barimu bakoranye nawe babwiye Taarifa ko ari umugabo w’imico myiza, wumvikana kandi ukunda urubyiruko.

TAGGED:CottonfeaturedKaminuzaLyambabajePSD
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukozi wa FERWAFA Avugwaho Kuba Urucantege Mu Itsinda Ryaherekeje Amavubi
Next Article OMS/WHO Yasuye Labo YO Mu Bushinwa Ivugwaho Gukora COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?