Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera

Last updated: 10 June 2021 11:43 am
Share
SHARE

Urwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga mpanabyaha, IRMCT, rwatangaje ko rukomeje gukurikirana uburyo Protais Mpiranya wahoze akuriye abasirikare barindaga Perezida Habyarimana, yaba yifashisha ibikorwa by’ubucuruzi mu gukomeza kwihisha ubutabera.

Mpiranya afatwa nk’ukomeye cyane muri batandatu bagishakishwa ku rwego mpuzamahanga kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5$ ku muntu wese watanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.

Mpiranya afatwa nk’umwe mu batanze itegeko ryo kwica Uwilingiyimana Agathe wari Minisitiri w’Intebe, abasirikare 10 b’Ababiligi bamurindaga n’abandi banyapolitiki bakomeye bicanwe n’imiryango yabo Jenoside igitangira.

Umushinjacyaja Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, yavuze ko mu gushakisha abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi igipimo bacyerekeje kuri Mpiranya, kandi bizeye ko amaperereza azatanga umusaruro.

Ni mu ijambo yagejeje ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku wa 8 Kamena 2021.

Yakomeje ati “By’umwihariko, turimo guperereza ku bijyanye no kuba Mpiranya, hejuru y’ibyaha bye muri Jenoside, mu myaka makumyabiri ishize yaba yaragize uruhare mu bindi byaha bikomeye. Dufite impamvu ituma dutekereza ko yakoze ubucuruzi yifashishije amafaranga yabonetse mu buryo butemewe.”

“Abantu benshi bashobora kuba baravuganye na we cyangwa bakamwumvaho. Abo bose turabakeneye, kandi turabashishikariza kuza bakaduha amakuru kuri Mpiranya.”

Yavuze ko uretse kuba uwatanga amakuru yagororerwa miliyoni $5, ibiro by’ubushinjacyaha binafite inshingano zo kurinda umutangabuhamya waba utizeye umutekano we.

Brammertz yakomeje ati “Nanone ariko abakorana na Mpiranya batazitanga ku bushake, bazaryozwa ibyo bakoze hakoreshejwe ubushobozi bwose bw’amategeko.”

Amakuru menshi yakunze kuvuga ko Mpiranya ashobora kuba yihishe muri Afurika y’Epfo cyangwa Zimbabwe.

Brammertz aheruka kuvuga ko mu iperereza babashije kumenya aho Mpiranya yihishe, igikenewe kikaba ari ubufatanye ngo afatwe.

Mu gihe abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagishakishwa, Brammertz yavuze ko ibikorwa byo Kwibuka byagaragaje ko hari abantu benshi bagihakana ndetse bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, biganjemo ahanini ababa mu mahanga.

Yakomeje ati “Guhakana no guha ishingiro Jenoside bikomeje gufatwa nko kutabona ibintu kimwe cyangwa bikitwa impaka ku nyito z’amategeko. Ntabwo ari byo. Ukuri ni uko guhakana no guha ishingiro Jenoside ari rwo rwego rwa nyuma rwa Jenoside.”

“Ni ibikoresho bya politiki bikoreshwa ku mpamvu za politiki. Hakenewe kugira igikorwa mu buryo bwihutirwa.”

Inyandiko zisaba ifatwa rya Mpiranya w’imyaka 60 zimurega ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, itoteza n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

TAGGED:Afurika y'EpfofeaturedJenosideProtais MpiranyaSerge Brammertz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa
Next Article Umunyamabanga Mukuru W’Ishyaka Riyobora U Burundi Yasuye Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?