Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: PSG Yatangiye Gutoranya Abatoza Izifashisha Mu Ishuri Ryayo I Huye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

PSG Yatangiye Gutoranya Abatoza Izifashisha Mu Ishuri Ryayo I Huye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hatangiye urugendo rw’iminsi itatu rwo gutoranya abantu bazakorana n’ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint Germain F.C yo mu Bufaransa, rizatangira gukorera mu Rwanda mu minsi mike.

Mu ntangiriro z’Ukuboza 2019 nibwo Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB, rwatangaje ubufatanye na PSG buzamara imyaka itatu,  bugamije kureshya abashoramari no gutuma u Rwanda rukomeza kuba icyerekezo cy’ubukerarugendo.

Muri ubwo bufatanye hashyizwemo n’ibijyanye na siporo, aho iyo kipe igomba kugira uruhare mu kuzamura impano z’ababakiri bato binyuze mu ishuri ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rigiye gushingwa mu Karere ka Huye.

Mu gihe ritaratangizwa ku mugaragaro, urugendo rwo gushaka abazakorana n’iri shuri mu rwego rw’abatoza rurakomeje, nyuma hakazabaho no gutoranya abana bazaryigamo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Today ,16 April 2021, started a 3-days workshop which aims at selecting the best candidates who will work with the PSG-Academy to be soon established in Rwanda. The workshop is being conducted by the Head Coach of the PSG Academy, Mr Benjamin Houri. pic.twitter.com/4PKx47mJP6

— Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) April 16, 2021

Ni igikorwa kiyobowe n’umutoza mukuru w’amashuri ya Paris Saint Germain, Benjamin Houri.

Yabwiye abo batoza ko ibi bikorwa bigamije guhugura abatoranyijwe mu buryo bw’ibanze ku mikorere ya PSG, ngo bagire ubushobozi bwo kubaka abakinnyi bakomeye binyuze mu ishuri.

Ati “Intego yacu ni ugukarishya ubumenyi bwanyu kugira ngo namwe muzabashe kuzamura ubumenyi bw’abakinnyi.”

Muri Nyakanga umwaka ushize hatangajwe urutonde rw’abahatanira kuyobora ndetse no gutoza muri iri shuri. Ku mwanya w’Umuyobozi mukuru hemejwe Bananeza Raymond na Ndanguza Théonas usanzwe ari umujyanama mu bya tekiniki uhagarariye Ferwafa mu ntara y’Amajyepfo.

Ku mwanya w’Umuyobozi wa tekiniki hari abakandida babiri Seninga Innocent na Jimmy Mulisa.

- Advertisement -

Undi mwanya ni uw’umutoza w’iri shuri uri guhatanirwa n’abakandida barindwi, Dushimimana Djamillah, Rumanzi David, Mbabazi Alain, Ntakirutimana Bonaventure, Umunyana Séraphine, Nonde Mohamed na Nyinawumuntu Grace.

TAGGED:featuredFERWAFAHuyePSGRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Gicunga Umutekano Gikoze Amakosa Gicibwa Amande Ashobora Kugera Kuri Miliyoni Frw 10- Polisi
Next Article Byabagamba Yanze Kuburanishwa Gisivili Mu Bujurire Ku Cyaha Cy’Ubujura
1 Comment
  • biller says:
    19 April 2021 at 4:39 pm

    It’s an remаrkable paragraph in favor of all the web
    users; they wіll get benefit from it I am sure.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?