Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: PSG Yatangiye Gutoranya Abatoza Izifashisha Mu Ishuri Ryayo I Huye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

PSG Yatangiye Gutoranya Abatoza Izifashisha Mu Ishuri Ryayo I Huye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hatangiye urugendo rw’iminsi itatu rwo gutoranya abantu bazakorana n’ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint Germain F.C yo mu Bufaransa, rizatangira gukorera mu Rwanda mu minsi mike.

Mu ntangiriro z’Ukuboza 2019 nibwo Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB, rwatangaje ubufatanye na PSG buzamara imyaka itatu,  bugamije kureshya abashoramari no gutuma u Rwanda rukomeza kuba icyerekezo cy’ubukerarugendo.

Muri ubwo bufatanye hashyizwemo n’ibijyanye na siporo, aho iyo kipe igomba kugira uruhare mu kuzamura impano z’ababakiri bato binyuze mu ishuri ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rigiye gushingwa mu Karere ka Huye.

Mu gihe ritaratangizwa ku mugaragaro, urugendo rwo gushaka abazakorana n’iri shuri mu rwego rw’abatoza rurakomeje, nyuma hakazabaho no gutoranya abana bazaryigamo.

Today ,16 April 2021, started a 3-days workshop which aims at selecting the best candidates who will work with the PSG-Academy to be soon established in Rwanda. The workshop is being conducted by the Head Coach of the PSG Academy, Mr Benjamin Houri. pic.twitter.com/4PKx47mJP6

— Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) April 16, 2021

Ni igikorwa kiyobowe n’umutoza mukuru w’amashuri ya Paris Saint Germain, Benjamin Houri.

Yabwiye abo batoza ko ibi bikorwa bigamije guhugura abatoranyijwe mu buryo bw’ibanze ku mikorere ya PSG, ngo bagire ubushobozi bwo kubaka abakinnyi bakomeye binyuze mu ishuri.

Ati “Intego yacu ni ugukarishya ubumenyi bwanyu kugira ngo namwe muzabashe kuzamura ubumenyi bw’abakinnyi.”

Muri Nyakanga umwaka ushize hatangajwe urutonde rw’abahatanira kuyobora ndetse no gutoza muri iri shuri. Ku mwanya w’Umuyobozi mukuru hemejwe Bananeza Raymond na Ndanguza Théonas usanzwe ari umujyanama mu bya tekiniki uhagarariye Ferwafa mu ntara y’Amajyepfo.

Ku mwanya w’Umuyobozi wa tekiniki hari abakandida babiri Seninga Innocent na Jimmy Mulisa.

Undi mwanya ni uw’umutoza w’iri shuri uri guhatanirwa n’abakandida barindwi, Dushimimana Djamillah, Rumanzi David, Mbabazi Alain, Ntakirutimana Bonaventure, Umunyana Séraphine, Nonde Mohamed na Nyinawumuntu Grace.

TAGGED:featuredFERWAFAHuyePSGRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Gicunga Umutekano Gikoze Amakosa Gicibwa Amande Ashobora Kugera Kuri Miliyoni Frw 10- Polisi
Next Article Byabagamba Yanze Kuburanishwa Gisivili Mu Bujurire Ku Cyaha Cy’Ubujura
1 Comment
  • biller says:
    19 April 2021 at 4:39 pm

    It’s an remаrkable paragraph in favor of all the web
    users; they wіll get benefit from it I am sure.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?