Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Putin avuga ko Trump namuhamagara azamwitaba
SHARE

Perezida w’Uburusiya yavuze ko yiteguye kwitaba Donald Trump igihe cyose azatera intambwe akamuhamagara. Yaboneyeho no kumushimira intsinzi aherutse kwegukana mu matora y’Umukuru w’Amerika aheruka.

Ashima kandi uko Trump yitwaye mu gihe cyose yamaze yiyamamariza kongera kuyobora Amerika.

Donald Trump yayoboye Leta zunze ubumwe z’Amerika bwa mbere hagati y’umwaka wa 2017 n’umwaka wa 2021.

Ubwa mbere yayoboye amaze gutsinda mu matora Hillary Clinton, ubu akaba agiye kuyobora nyuma yo kwigizayo Kamala Harris.

Vladmir Putin yabwiye Donald Trump ko Uburusiya bwiteguye gukorana n’Amerika igihe cyose izaba ari yo igaragaje ubwo bushake.

Mu ngingo yagarutseho ubwo yagiraga icyo avuga kubyo abona azakorana na Amerika, Putin yanashimye uko Trump yitwaye nyuma y’uko umuntu amurashe akamuhusha.

Ngo byagaragaje ko ari umugabo.

Putin yabwiye abagize Club yitwa Valdai Club ikorera ahitwa Sochi ati: “Mboneyeho umwanya wo kumushimira ku ntsinzi aherutse kwegukana yo kuyobora Amerika”.

Yavuze ko kugeza ubu nta gahunda ihamye yo kuganira na Donald Trump aragira ariko ko naramuka amuhamagaye, azamwitaba.

Perezida w’Uburusiya yunzemo ko nihagira n’undi muyobozi wo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi( Uburayi n’Amerika) umuhamagara nk’uko babigenzaga mbere-buri Cyumweru ntihaburaga umuhamagara-azamwitaba.

Mu kwiyamamaza kwe, Donal Trump yavuze ko natorwa azahagarika intambara y’Uburusiya na Ukraine ‘mu munsi umwe’.

Yatangaje ko azahagarika inkunga ya gisirikare igihugu cye cyahaga Ukraine, ariko ubuyobozi bwa Ukraine bwo bukavuga ko ibyo Trump avuga bitapfa gushoboka muri iki gihe.

Putin we avuga hakiri kare kwemeza ko ibyo Donald Trump yavugiye mu kwiyamamaza azabisohoza kuko ngo byari ibyo kwishakira amajwi.

Ati: “Ibyavuzwe ko intambara ishobora guhagarara, amahoro akagaruka ni ibintu byo kwitega, tukabihanga amaso”.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Uburusiya witwa Dmitry Peskov kuri uyu wa Kane yabwiye itangazamakuru ko Perezida Putin nta mugambi wo guhamagara Donald Trump afite kuko ‘bitakoroha guhamagara umuntu watorewe kuyobora igihugu gitera inkunga umwanzi’.

TAGGED:AmatoraAmerikafeaturedPutinUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafatabuguzi Ba MTN Bakomeje Kwiyongera
Next Article Umusaza W’i Gisagara Yafatiwe Ku Rusumo Ahunga Igihano Cya Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?