Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Ku Kibazo Cya Israel Na Hamas Ati: ‘ Niba Abagabo Bahisemo Kurwana Nimubareke’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Putin Ku Kibazo Cya Israel Na Hamas Ati: ‘ Niba Abagabo Bahisemo Kurwana Nimubareke’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 October 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vladmir Putin avuga ko iyo abagabo basanze kumvana imbaraga ari cyo cyakemura ibibazo bafitanye, abantu bajye babareka barwane. Icyakora ngo intambara y’abagabo hagati yabo bafite ibyo bapfa ntikajye ihohotera abagore n’abana kuko bo ntaho baba bahuriye n’ibyo kumvana imitsi by’abagabo.

Yabivuze ubwo yagiraga icyo avuga ku ntambara ya Israel na Hams iri guca ibintu guhera mu mpera z’Icyumweru gishize.

Putin yagize ati: “ Twaje kubona ko buri ruhande rwahagurukiye kumvisha urundi ko atari agafu k’imvugwarimwe. Icyakora uko byaba bimeze kose, buri ruhande rugomba kugabanya uko bishoboka ko kose ibyago byagera ku bana n’abagore.”

Ibi abivuze mu gihe igihugu cye nacyo kiri mu ntambara na Ukraine igiye kumara imyaka itatu.

Nawe hari abamushinja ko hari abana bo muri Ukraine bajyanywe mu gihugu cye mu rwego rwo kubatandukanya n’imiryango yabo kugira ngo bazabe Abarusiya, ibi bamwe bakaba babyita ibikorwa biri mu bigize Jenoside.

Ku rundi ruhande, intambara hagati ya Israel na Palestine isa n’aho ari bwo igitangira.

Abayobozi ba Israel barahiriye ko bagiye kurimbura burundu Hamas ntizongere kubakora mu jisho.

Bavuga ko mu gihe cyose bamaze bahanganye nayo bititwaga ‘intambara’ ariko ubu ngo ni intambara yeruye kandi batazi igihe izarangirira.

Ibi byaraye binasubiwemo na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Madamu Einat Weiss mu kiganiro yaraye ahaye itangazamakuru.

Sinavuga Ko Mossad Yarangaye Cyangwa Itarangaye- Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda

TAGGED:AbagaboAbagoreAbanafeaturedHamasIntambaraIsraelPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverineri Wa Banki Nkuru Y’Uburundi Yafungiwe ‘Kuyisahura’
Next Article Abagore B’Abahanga Bubaka Ingo Zuje Umutuzo- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?