Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Qatar Airways Yongeye Kuba Iya Mbere Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Qatar Airways Yongeye Kuba Iya Mbere Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2021 4:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cya Qatar gitwara abagenzi mu ndege cyongeye kuza ku mwanya wa mbere ku isi ku nshuro ya gatandatu kikurikiranya. Muri Afurika ikigo cya mbere ni Ethiopian Airlines.

Qatar Airlines yahawe izina rya ‘Oscars of Aviation’, nk’izina ry’ikigo cy’indege cy’ndashyikirwa ku isi kandi kibimazeho imyaka myinshi.

Mu cyumba cyagenewe abanyacyuhahiro muri Qatar Airways

Qatar ni iya mbere ifite indege nziza kandi ikagira n’abakozi bazi guha abagenzi serivisi nziza kurusha ibindi bigo 350 by’indege biri ku isi hose.

Singapore Airlines iza ku mwanya wa kabiri. Mu Burayi Ikigo Air France ni cyo cya mbere, ibindi biza ku mwanya wa mbere ni Ikigo British Airlines.

Ikigo mpuzamahanga gisuzuma imitangire ya Serivizi z’ibigo by’indege kitwa the Skytrax World Airline Awards 2021 nicyo cyatangaje ko Qatar Airlines ari yo yongeye kuza ku mwanya wa mbere ku isi.

Bivugwa ko Qatar itanga serivisi nziza mu ngeri zose kandi ikagira indege nyinshi, ibiribwa by’amoko hafi ya yose aba ku isi kandi ikihuta.

Ni inkuru nziza kuri RwandAir…

Kuba iki kigo cy’indege cya Qatar gikomeje kwemerwa n’amahanga ko gitanga serivisi nziza kurusha ibindi ku Isi, bitanga icyizere ko na RwandAir ( ifitanye na Qatar Airways imikoranire) izakomeza gukora neza bikagura imikorere yayo.

Muri Nyakanga, 2021 RwandAir yabaye ikigo cy’indege cya mbere cyo munsi y’ubutayu bwa Sahara cyinjiye mu mikoranire Qatar Airways, izafasha cyane abagenda n’indege z’ibyo bigo mu buryo buhoraho hashingiwe ku byiciro bagezemo.

Qatar Airways na RwandAir ni ibigo biharanira kuba ku isonga

Ibyo bigo bibiri byahuje imbaraga, byemeranya uburyo bwo kurushaho korohereza mu ngendo abanyamuryango ba gahunda za RwandAir Dream Miles na Qatar Airways Privilege Club.

Ni gahunda za biriya bigo by’indege zishyira abagenzi mu byiciro bitewe n’ingendo cyangwa intera bamaze kugenda, bikabahesha serivisi zinyuranye z’inyongera.

Biteganywa ko serivisi umugenzi yemerewe zijyanye n’icyiciro ariho mu kigo cy’indege kimwe, azayihabwa mu kindi.

Izo serivisi zishobora kubamo ingano y’umuzigo w’inyongera, itike y’ubuntu cyangwa kwicazwa mu gice runaka mu ndege.

Ni kimwe n’abanyamuryango ba Qatar Airways Privilege Club, bashobora kubona ibyo bemerewe mu ngendo bakoze na RwandAir haba imbere muri Afurika cyangwa ingendo ndende nk’izigana i New York muri Amerika n’i London mu Bwongereza.

Ni ubufatanye butangajwe nyuma y’igihe gisaga umwaka hemejwe ko ibigo byombi biri mu biganiro bizatuma Qatar Airways yegukana imigabane 49% muri RwandAir.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, icyo gihe yavuze ko iki kigo cyishimiye kuba icya mbere muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara cyinjiye mu bufatanye na Qatar Airways Privilege Club.

Yagize ati: “Kwita ku bakiliya bifite agaciro gakomeye kuri RwandAir na Qatar Airways. Twembi duharanira gushyira imbere serivisi zinogeye abakiliya no gushimira abo dukorana ingendo mu buryo buhoraho.”

Serivisi nziza ni intego nkuru muri Rwandair

Makolo yashimangiye ko ari intambwe ikomeye itewe hagati ya RwandAir nk’ikigo kirimo gutera imbere cyane muri Afurika na Qatar Airways nk’ikigo kiri cya mbere ku isi mu ngendo z’indege.

Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways Group, Akbar Al Baker, yavuze ko ubufatanye na RwandAir buzabafungurira amahirwe menshi abakoresha biriya bigo by’indege byombi, bakazabasha gukorera ingendo mu byerekezo byinshi.

TAGGED:BurayifeaturedIndegeQatarRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Ryabaye Icyorezo
Next Article Intego Ni Uguteza Imbere Airtel Money-Ikiganiro N’Umuyobozi Wa Airtel-Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?