Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2025 7:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Tshisekedi ubwo yakiraga mugenzi we uyoboka Qatar.
SHARE

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim Ben Hamad Al Thani ari kumwe na Perezida Félix Tshisekedi baraye bayoboye isinywa ry’amasezerano y’imikoranire hagati ya Doha na Kinshasa.

Abaminisitiri ku mpande zombi barebwa n’ibiyakubiyemo nibo bayasinyiye imbere y’Abakuru b’ibi bihugu.

Ayo masezerano rero arebana n’imikoranire ku iterambere ry’ibyambu hagati y’ikigo cya Qatar gishinzwe ibyambu kitwa Qatar Ports Management Company (Mwani Qatar) n’ikigo cya DRC kitwa Office national des transports (ONATRA Sa).

Indi nyandiko y’amasezerano irarebana n’urwego rw’ubutabera hagati ya Minisiteri y’ubutabera ya Leta ya Qatar na Minisitiri y’ubutabera ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abaturage bafite impapuro z’inzira z’abadipolomate bakomorewe kugenda muri ibi bihugu bakabikora batiriwe baka viza.

Kinshasa na Doha kandi bemeranyije ko inzego z’urubyiruko zigomba gukorana cyane cyane mu rwego rwa siporo.

Hazashyirwaho kandi imikoranire ishingiye ku biganiro n’ubujyanama mu bya Politiki hagati y’ibi bihugu, bikazakorwa ku bufatanye na Minisiteri z’ububanyi n’amahanga mu bihugu byomnbi.

Indi ngingo ikomeye yasinywe ni iy’imikoranire hagati y’Ikigega cya Qatar gishinzwe iterambere mpuzamahanga na Minisiteri ya DRC  y’imibereho myiza, iterambere rusange n’ubufatanye.

Iyi ngingo irihariye kuko irebana n’ubufasha buzatangwa mu kwita ku bahuye n’ibibazo byakuruwe n’intambara imaze igihe ibica bigacika mu Nta ya Kivu y’Amajyepfo muri DRC.

Mu ntangiriro za Nzeri, 2025, ikigo cya Qatar gikora ubucuruzi kitwa  Al Mansour Holding cyasinyanye n’ubuyobozi bwa DRC ubufatanye bufite agaciro ka miliyari $21.

Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga bari mu basinye kuri ayo masezerano hagati ya Doha na Kinshasa

Kuri uyu wa Gatanu nibwo  Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yageze i Kinshasa mu ruzinduko rw’akazi ariko mbere yari yabanje i Kigali yakirwa na Perezida Paul Kagame.

Ibyo baganiriye ntibyamenyekanye kuri bose, icyakora ikizwi ni uko umubano wa Kigali na Doha kugeza ubu unyuze impande zombi.

Ushingiye kuri byinshi birimo ahanini ubufatanye mu bukerugendo, ubu bukagaragarira cyane mu iyubakwa ry’ikibuga mpuzamahanga cy’indege kiri kubakwa mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.

Hari imikoranire isanzwe hagati ya Rwandair na Qatar Airways, igamije kohoshya ubwikorezi bwo mu kirere.

Urwego rw’umutekano narwo ruri mu nzego ibihugu byombi byiyemeje gufatanyamo.

Thani ariko yatangarije kuri X/Twitter ko yagiranye na Kagame ibiganiro byiza.

Yanditse atya: “Qatar n’u Rwanda bihujwe n’umubano ukomeye kandi uri gukura, ugatera imbere byihuse ugana ku rwego rutanga ikizere cy’ubufatanye n’inyungu zihuriweho. Ndashima umuhati wa Nyakubahwa [Perezida Kagame] mu gushyigikira gahunda z’amahoro mu Karere igihugu cye giherereyemo.”

Ku byerekeye ububanyi n’amahanga, Qatar ni umuhuza hagati ya AFC/M23 na Leta ya Kinshasa mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DRC, igice kimaze iminsi kiri ahanini mu maboko y’izo nyeshyamba.

U Rwanda na DRC nabyo biri mu biganiro bigirwamo uruhare na Leta zunze ubumwe z’Amerika, igihugu gisanzwe ari inshuti ikomeye na Qatar.

Mu kwagura ubucuti bafitanye, Perezida Kagame yagabiye Thani inyambo. Mu Banyarwanda inyambo ni inka z’indashyikirwa mu bwiza.
TAGGED:AmasezeranoCongoDRCfeaturedPerezidaQatarThaniTshisekediUbukunguUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda
Next Article Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

You Might Also Like

Mu Rwanda

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?