Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri

admin
Last updated: 17 May 2021 7:54 pm
admin
Share
SHARE

Rayon Sports yasoje imikino ya shampiyona iyoboye itsinda B iherereyemo, nyuma yo kunganya na Gasogi United igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Bugesera.

Muri uyu mukino watangiye saa cyenda n’igice, Rayon Sports yabonye igitego kimwe rukumbi cyinjijwe na Sugira Ernest kuri penaliti ku munota wa 78. Ni nyuma y’ikosa umunyezamu Mazimpaka Andre yari akoreye Heritier Luvumbu Nziga.

Sugira yabanje gutera ishoti Mazimpaka ararifata, ariko umusifuzi avuga ko yabanje kurenga umurongo mbere y’uko umupira uterwa, bituma Sugira ahabwa amahirwe ya kabiri. Yahise ayinjiza neza.

Sugira yagiye kwishimira igitego, biza kugaragara ko yatukanye ahita ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo, bibyara iy’umutuku avanwa mu kibuga.

Ku munota wa 84 Gasogi United yabonye igitego cyo kwishyura cyinjijwe na Hassan Kikoyo nacyo kuri penaliti, nyuma y’ikosa rya Kwizera Olivier. Kwizera yambuwe umupira na Nzitonda Eric, ahita amutegera mu rubuga rw’amahina.

Muri uyu mukino kandi Manace Mutatu wa Rayon Sports na we yahawe ikarita itukura.

Ku rundi ruhande, SC Kiyovu yananiwe kugera mu makipe umunani ahatanira igikombe nyuma yo gutsindwa na Rutsiro FC ibitego 2-1, kuri stade Mumena.

Rayon Sports iyoboye itsinda n’amanota 9, ikurikiwe na Rutsiro FC n’amanota 8 n’umwenda w’igitego kimwe. Gasogi United iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 8 n’umwenda w’ibitego bibiri, Kiyovu Sports ni yo ya nyuma n’amanota 7.

Mu itsinda A, APR FC yujuje amanota 18 nyuma yo gutsinda Gorilla FC ibitego 3-0, mu gihe Bugesera F.C. yatsindiye AS Muhanga mu majyepfo ibitego 2-0.

APR FC yamaze kugera mu makipe umunani ahatanira igikombe, mu gihe umukino w’ikirarane uzahuza Bugesera na AS Muhanga ari wo uzemeza ikipe bizazamukana. Bugesera FC ifite amanota 6 naho Gorilla FC ifite amanota 9.

 

Ikipe ya Gasogi United mbere y’umukino
Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga
Ifoto ya ba kapiteni n’abasifuzi yafashwe mbere y’uko umukino utangira

 

TAGGED:featuredGasogi UnitedRayon SportsShampiyona
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Next Article Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro Na Emmanuel Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?