Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri

Last updated: 17 May 2021 7:54 pm
Share
SHARE

Rayon Sports yasoje imikino ya shampiyona iyoboye itsinda B iherereyemo, nyuma yo kunganya na Gasogi United igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Bugesera.

Muri uyu mukino watangiye saa cyenda n’igice, Rayon Sports yabonye igitego kimwe rukumbi cyinjijwe na Sugira Ernest kuri penaliti ku munota wa 78. Ni nyuma y’ikosa umunyezamu Mazimpaka Andre yari akoreye Heritier Luvumbu Nziga.

Sugira yabanje gutera ishoti Mazimpaka ararifata, ariko umusifuzi avuga ko yabanje kurenga umurongo mbere y’uko umupira uterwa, bituma Sugira ahabwa amahirwe ya kabiri. Yahise ayinjiza neza.

Sugira yagiye kwishimira igitego, biza kugaragara ko yatukanye ahita ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo, bibyara iy’umutuku avanwa mu kibuga.

Ku munota wa 84 Gasogi United yabonye igitego cyo kwishyura cyinjijwe na Hassan Kikoyo nacyo kuri penaliti, nyuma y’ikosa rya Kwizera Olivier. Kwizera yambuwe umupira na Nzitonda Eric, ahita amutegera mu rubuga rw’amahina.

Muri uyu mukino kandi Manace Mutatu wa Rayon Sports na we yahawe ikarita itukura.

Ku rundi ruhande, SC Kiyovu yananiwe kugera mu makipe umunani ahatanira igikombe nyuma yo gutsindwa na Rutsiro FC ibitego 2-1, kuri stade Mumena.

Rayon Sports iyoboye itsinda n’amanota 9, ikurikiwe na Rutsiro FC n’amanota 8 n’umwenda w’igitego kimwe. Gasogi United iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 8 n’umwenda w’ibitego bibiri, Kiyovu Sports ni yo ya nyuma n’amanota 7.

Mu itsinda A, APR FC yujuje amanota 18 nyuma yo gutsinda Gorilla FC ibitego 3-0, mu gihe Bugesera F.C. yatsindiye AS Muhanga mu majyepfo ibitego 2-0.

APR FC yamaze kugera mu makipe umunani ahatanira igikombe, mu gihe umukino w’ikirarane uzahuza Bugesera na AS Muhanga ari wo uzemeza ikipe bizazamukana. Bugesera FC ifite amanota 6 naho Gorilla FC ifite amanota 9.

 

Ikipe ya Gasogi United mbere y’umukino
Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga
Ifoto ya ba kapiteni n’abasifuzi yafashwe mbere y’uko umukino utangira

 

TAGGED:featuredGasogi UnitedRayon SportsShampiyona
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amasaha Menshi Y’Akazi Ahitana Abantu 745 000 Ku Isi
Next Article Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro Na Emmanuel Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?