Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro Na Emmanuel Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro Na Emmanuel Macron

admin
Last updated: 17 May 2021 7:31 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, nyuma y‘inama yahuje abakuru b’ibihugu batandukanye baganira ku gutera inkunga leta ya Sudan.

Iyi nama kuri Sudan yabereye i Paris kuri uyu wa Mbere, igamije kureba uko icyo gihugu cyafashwa mu guhangana n’amadeni y’umurengera gifite, kikabasha kuzahura ubukungu muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Izindi nzego zayitabiriye zirimo Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB)) na Banki y’Isi, bose barebera hamwe uburyo bafasha Sudan guhangana n’ideni ifite rigera kuri miliyari $50.

Minisitiri w’Imari w’u Bufaransa, Bruno Le Maire, yabwiye abanyamakuru ko icyo gihugu cyemeye kuguriza Sudan miliyari $1.5, kugira ngo kibashe kwishyura imyenda y’ibirarane gifitiye IMF.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

AfDB yo iteganya kuvugurura inguzanyo ya miliyoni $430 Sudan ifite, ndetse ikaba yakongeraho n’indi.

Ibi byose birimo gukorwa hagamijwe gushyigikira guverinoma nshya iyoboye Sudan, yasimbuye iya Omar al-Bachir uheruka guhirikwa.

Sudan iyoboye n’inama ya gisirikare ikuriwe na Abdel Fattah Al-Burhan na Minisitiri w’Intebe Abdallah Hamdok.

Kagame yahuye na Macron

Iruhande rw’inama kuri Sudan, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na Macron, nubwo ingingo zaganiriweho zitatangajwe.

- Advertisement -

U Rwanda ruri mu rugendo rwo kubyutsa umubano n’u Bufaransa, wangirjwe n’ingaruka z’uruhare u Bufaransa bwakomeje gushinjwa ko bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bitandukanye n’abayobozi babanje, Perezida Macron yagaragaje ko imitegekere ye itanga icyizere ku mubano w’ibihugu byombi, urebye ku byemezo yagiye afata.

Harimo isubukurwa ry’ibikorwa byinshi by’u Bufaransa mu Rwanda birimo ikigega Agence Française de Développement, AFD, n’ikigo ndangamuco cy’Abafaransa.

Birimo kandi ishyirwaho rya Komisiyo ikuriwe na Prof Vincent Duclert, yakoze icukumbura ku nyandiko u Bufaransa bubitse hagamijwe gushyira ahabona ibyo icyo gihugu cyari kizi ku mugambi wa Jenoside, n’uburyo cyitwaye hagati y’imyaka ya 1990-1994.

Iyo raporo yagaragaje ko hari amakuru u Bufaransa bwari bufite ku itegurwa ry’umugambi wa Jenoside, nyamara bukomeza gushyigikira leta yawuteguraga. No mu gihe cyo kuvanaho iriya leta, u Bufaransa bwafashije abayigize guhungira muri Congo kandi bajyana intwaro.

Iyo raporo yaje gushimangirwa n’indi yakozwe ku busabe bw’u Rwanda.

Aba baperezida bombi bahuye mu gihe Ubushinjacyaha mu Bufaransa buheruka gusaba ihagarikwa ry’iperereza ku ruhare rw’abasirikare babwo mu bwicanyi bwabereye mu Bisesero, bashinjwa ko batereranye ibihumbi by’Abatutsi.

Amakuru avuga ko Perezida Kagame azava mu Bufaransa agiranye ibiganiro n’abasirikare b’Abafaransa bagiriye ubutumwa mu Rwanda hagati ya 1990-1994.

Nubwo ataremezwa n’inzego bireba, ayo makuru akomeje no kugaragaza ko mbere y’uko uku kwezi kurangira, Perezida Macron ashobora kuzasura u Rwanda.

Perezida Kagame yitabiriye inama yaganiraga kuri Sudan
Perezida Kagame aramukanya na Emmanuel Macron
Ibi biganiro byabereye i Paris
TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedJenosidePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Sports Yanganyije Na Gasogi United Mu Mukino Yahawemo Imituku Ibiri
Next Article Inzu Ya Eliezer Niyitegeka Wamaze Abatutsi Bo Ku Kibuye Iri Hafi Guhirima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?