Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rayon Sports Yongereye Amasezerano Na Skol Kuri Miliyoni 600 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Rayon Sports Yongereye Amasezerano Na Skol Kuri Miliyoni 600 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2021 6:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikipe ya Rayon Sports yongereye amasezerano n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye Skol Brewery Limited afite agaciro karenga miliyoni 200 Frw ku mwaka, mu gihe cy’imyaka itatu.

Ayo masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane hagati ya perezida w’umuryango Rayon Sports Uwayezu Jean Fidèle n’umuyobozi wa Skol Ivan Wulffaert.

Uwayezu yavuze ko ari ikintu cyiza kongera aya masezerano yasinywe bwa mbere mu 2014, akaba amaze imyaka itandatu.

Ati “Twishimiye ko ubu bufatanye bugiye gukomeza kugera mu mwaka w’imikino wa 2022/2023. Tukaba twishimiye kubamenyesha ko bukubiyemo ibice bigera kuri bitatu, amafaranga, ibikoresho by’ikipe n’ibikorwa remezo bizakoreshwa n’ikipe ya Rayon Sports F.C.”

Ibikorwa remezo Rayon Sports izajya ihabwa birimo ikibuga cy’imyitozo n’amacumbi y’abakinnyi hamwe n’imyenda izajya ihabwa ikipe.

Wulffaert yavuze ko igihe bamaze bakorana na Rayon Sports cyaranzwe n’ibyiza byinshi birimo igikombe cya shampiyona iyo kipe yatwaye, hakabamo n’ibibi birimo icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse imikino n’utubari urwo runganda rwungukiragamo cyane.

Gusa ngo mu biganiro impande zombi zagiranye, Skol yasanze ikwiye gukorana n’ubuyobozi bushya bw’Umuryango wa Rayon Sports.

Ati “Twakomeje ibiganiro, tuza kwemeranya n’ubuyobozi bushya kongera bigaragara inkunga duha ikipe, aho inkunga yacu ibarirwa mu gaciro karenga miliyoni 200 Frw ku mwaka, igice kinini kiri mu mafaranga, ikindi kiri mu bindi.”

Amafaranga azajya atangwa azifashishwa cyane mu mishahara y’abakinnyi, kugura abakinnyi bashya n’ibindi.

Byitezwe ko Rayon Sports izajya ihabwa miliyoni 120 Frw ku mwaka, andi mafaranga akagenda mu bikoresho birimo imyambaro izajya itangwaho hafi miliyoni 25 Frw.

Ayo mafaranga aruta 640.000.000 Frw Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, riheruka gusinyana na BRALIRWA mu gihe cy’imyaka ine, azatuma shampiyona y’u Rwanda yitirirwa ikinyobwa cya Primus.

Uwayezu Jean Fidèle n’umuyobozi wa Skol Ivan Wullfaert nyuma yo gusinya amasezerano

TAGGED:featuredRayon SportsSkol
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Wo Mu Bufaransa Yajyanywe Mu Bitaro Nyuma Yo Kwandura COVID-19
Next Article Gukura Ubwato Aho Bwaheze Mu Muhora Wa Suez Biracyari Ingorabahizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?