Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2025 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere rwagaragaje ko umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utagize ingaruka ku ishoramari mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean Guy Afrika yabibwiye Jeune Afrique.

Intambara imaze igihe kirenga 25 yatumye abantu benshi bahungira mu Rwanda n’ahandi, abo biganjemo abaturage ba DRC bavuga Ikinyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, Jean Guy Afrika, yabajijwe niba hari ingaruka iyo ntambara yagize ku ishoramari ry’u Rwanda cyane nk’igihugu gituranye imbibi na DRC.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yasubije ko nta ngaruka ‘zigaragara’ mu rwego rw’ishoramari mu Rwanda zakuruwe n’ibyo bibazo.

Ati: “Ndatekereza ko byaba byiza nkoresheje imibare yo mu mwaka wa 2024. Mu makuru aheruka, twazamutseho 32% mu bijyanye n’ishoramari ryanditswe, tugera kuri hafi Miliyari $3,2, tuvuye kuri Miliyari $ 2,5. Navuga ko ibiri kuba mu Burasirazuba bwa RDC nta buryo na bumwe byagize ingaruka ku ishoramari ryinjira mu Rwanda kandi uko ni ukuri. Twabaha imibare bibaye ngombwa.”

Avuga ko kimwe mu byafashije u Rwanda kutegerwaho n’ingaruka zabyo, ari ingamba zashyizweho.

Yavuze ko izi ngamba z’ubwirinzi zatumye abashoramari babona ko u Rwanda ari igihugu gitekanye.

Umuyobozi wa RDB avuga ko u Rwanda rwafashe ingamba z’ubwirinzi kandi koe byatanze icyizere mu bashoramari kubera umutekano.

- Advertisement -

Yakomeje avuga ko kugeza ubu hari icyizere ko ibintu bizasubira mu buryo bitewe n’ibiganiro biri kugirwamo uruhare n’impande zitandukanye birimo n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati “Ubu inzira y’aho ibintu bigana yarushijeho gusobanuka, ubwo bwoba bushobora kuba bwari buhari mbere ni ubwo mu bihe byashize.”

RDB yerekanye ko mu 2024 handitswe ishoramari rishya ringana na Miliyari $ 3,2 ni ukuvuga arenga Miliyari Frw 4528 avuye kuri Miliyari $ 2,4 mu mwaka wa 2023.

Rijyanye n’inganda, imari n’ubwishingizi ndetse n’ibijyanye n’imitungo itimukanwa ryihariye 77,9%.

Ibyo byatumye Umujyi wa Kigali wiharira 75,4% by’ishoramari rishya ryanditswe mu mwaka ushize, ni ukuvuga ko arenga Miliyari $ 2,47 (arenga Miliyari Frw 3493 ) yashowe mu mishinga izakorera mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma y’Umujyi wa Kigali hakurikiraho Intara y’Iburengerazuba yashowemo Miliyoni $496,2 yashyizwe mu mishinga itandukanye.

Mu Burasirazuba hagiyeyo ishoramari rishya ringana na Miliyoni $ 155,4.

Ku ruhande rw’Intara y’Amajyaruguru naho hari ishoramari rifite agaciro ka Miliyoni $ 109,8, mu gihe Intara y’Amajyepfo yashowemo Miliyoni $37,8 ikaba ari nayo yabonye ishoramari rito mu mwaka ushize.

Ugereranyije n’umwaka ushize ibikorwa by’ishoramari byanditswe byiyongereyeho 23,8%.

TAGGED:AfrikaCongoDRCfeaturedIshoramariJeune AfriqueUbukunguUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye
Next Article Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Uhumeka Inshuro 20,000 Ku Munsi-Ariko Se Ubikora Neza?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?