Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Irashaka Kongera Ubufatanye N’Ingabo Za Bangladesh
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

RDF Irashaka Kongera Ubufatanye N’Ingabo Za Bangladesh

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2024 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwakiriye kandi buganira n’abasirikare bakuru mu ngabo za Bangladesh bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Itsinda ryabo riyobowe na Brig Gen Sazedul Islam.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga niwe wabakiriye ariko iby’uko umutekano mu Karere u Rwanda ruherereyemo wifashe babisobanurirwa na Colonel Stanislas Gashugi uyobora ibikorwa muri RDF.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Mubarakh Muganga yavuze ko u Rwanda rufite ibyo umusirikare wese yifuza kugira kuko ibihe byari bigoye mu ngabo z’u Rwanda byarangiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Dufite ibyo umunyeshuri yifuza kugira. Iminsi mibi yarashize, ariko byanze bikunze byadusigiye inkovu. Ubu ni impinduramatwara kandi ntibigomba guhagarara”.

Yashimangiye ko u Rwanda rwiyemeje gutanga amasomo y’ingirakamaro ku bantu bose bifuza kurwigiraho.

General Muganga yavuze ko u Rwanda rusanganywe imikoranire n’ingabo za Bangladesh ariko ishobora kongerwamo imbaraga.

Umuyobozi w’intumwa zoherejwe n’igisirikare cya Bangladesh witwa Brig Gen Sazedul Islam yagaragaje amateka  ya gisirikare ibihugu byombi bisangiye anavuga ko hari byinshi igihugu cye gishaka kwigira ku Rwanda.

Ati: “Twaje kureba  uko dushobora gusangira aya masomo y’umwuga. U Rwanda rukomeje kugana mu nzira nziza”.

- Advertisement -

Abayobozi mu ishuri rikuru rya gisirikare ryo muri Bangladesh bashimye intambwe u Rwanda rwagezeho mu kubaka inzego z’umutekano zikora kinyamwuga kandi ziteye imbere.

Bavuze ko bifuza kugirana ubufatanye narwo mu bijyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mashuri ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.

Bangladesh ifite ikigo cya gisirikare kitwa Bangladesh National Defence College.

U Rwanda rwo rufite ibigo bitandukanye birimo na RDF Command And Staff College gikorera i Musanze ndetse na Rwanda Peace Academy ahigirwa ibyo kujya kugarura no gucunga amahoro hirya no hino ku isi.

Rurateganya no kuzubaka Kaminuza mpuzamahanga ikomeye yigisha ibya gisirikare.

Intumwa za Bangladesh ziri mu ruzinduko rw’iminsi irindwi.

Ku munsi wazo wa mbere zasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, zunamira inzirakarengane z’Abatutsi zihashyinguye.

Zasuye kandi Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside iherereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amatekegeko y’u Rwanda.

Ahandi zizasura ni ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama, Banki ya Gisirikare (ZIGAMA CSS), Icyicaro cy’Ubwishingizi bwa Gisirikare (MMI), Ibitaro Bikuru bya Gisirikare bitangirwamo amasomo y’ubuvuzi (RMRTH) n’izindi nzego zitandukanye za Leta n’izabikorera.

Bangladesh ni igihugu giherereye mu Majyepfo ya Aziya, kikiba igihugu cya munani gituwe cyane kandi kikagira ubucucike bunini cyane kuko gituwe n’abantu  miliyoni 170 ku buso bwa kilometero kare 148,460.

Gisangiye imipaka na Nepal  n’Ubushinwa.

Umurwa mukuru wa Bangladesh ni Dhaka.

Bangladesh ni igihugu giherereye mu Majyepfo ya Aziya
TAGGED:BangladeshfeaturedIngaboMugangaRDFUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Asaba Abashoramari Kongera Ishoramari Mu Rwanda
Next Article Ngoma: Indwara Y’Ubuganga Yugarije Amatungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?